Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida wa Tanzania yitabiriye Inama ya WTTC i Kigali
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Amakuru

Perezida wa Tanzania yitabiriye Inama ya WTTC i Kigali

igire
igire Yanditswe November 1, 2023
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’Ubumwe ya Tanzania Madamu Suluhu Samia Hassan yageze i Kigali mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 1 Ugushyingo 2023 aho yitabiriye inama mpuzamahanga y’Inama ihuza ababarizwa mu Bukerarugendo ku Isi (World Travel and Tourism Council – WTTC).

Perezida Suluhu ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu batatu bemeje ko bitabira iyi nama y’iminsi itatu yitezwemo abasaga 2000, ikaba yatangiye uyu munsi ikazasoza ku wa Gatanu taliki ya 3 Ugushyingo 2023.

Ku gicamunsi cyo kuri ni ubwo Umukuru w’Igihugu wa Tanzania yageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali,  yakirwa na Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc.

Ni ubwa mbere iyi ibereye ku mugabane w’Afurika, ikazagaruka no ku ntambwe imaze guterwa mu kwimakaza urwego rw’ubukerarugendo ku Mugabane w’Afurika, by’umwihariko mu myaka mike ishize.

Biteganyijwe ko Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu ari umwe mu bakuru b’ibihubu bazageza ijambo ku bazitabira iyi nama.

Mu bandi banyacyubahiro bazayitabira harimo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, uwa Togo, Faure Gnassingbé, Visi Perezida w’u Burundi, Prosper Bazombanza, Minisitiri w’Intebe wa Lesotho n’abandi.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) Francis Gatare n’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir akaba n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ingendo zo mu Kirere (IATA), Yvonne Manzi Makolo na bo bari mu bazatanga ibiganiro muri iyi nama.

Umuyobozi wa WTTC, Julia Simpson, yavuze ko iyi nama ari umwanya mwiza wo kuganira no gutegura ahazaza h’ubukerarugendo.

Ati: “Iyi nama izitabirwa n’abayobozi, abahanga udushya n’abafata ibyemezo baturutse hirya no hino ku Isi, kugira ngo twigire hamwe ahazaza h’uru ruganda. Ni umwanya wo gutegura no gutekereza ku hazaza hakomeye gusa, ahubwo hatanga amahirwe kuri bose kandi harengera ibidukikije.”

Yakomeje avuga ko bahisemo ko izabera mu Rwanda kuko ari igihugu cyamaze gushinga imizi mu bukerarugendo kandi ko ibikorwa byabwo bitanga umusanzu mu bukungu bw’Umugabane wa Afurika.

Perezida Suluhu yaherukaga mu Rwanda mu 2021, mu  uruzinduko yahagiriye  rw’iminsi ibiri rwasize agiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame ndetse hagasinywa amasezerano y’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

You Might Also Like

XMLRPC Test Post

Perezida Kagame yakiriye ba ambasaderi 11 guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda

Виртуальный портал 1win зеркало online: наполненный каталог тайтлов с бонусными спинами

Rutsiro: Kutagira umuriro bituma abatuye Sure batiteza imbere uko bikwiye

Online Casino games

igire November 1, 2023 November 1, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?