Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Politiki z’Ubuzima muri Afurika zishyirwaho hagamijwe kurokora abatuye uyu mugabane – Perezida Kagame
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Politiki z’Ubuzima muri Afurika zishyirwaho hagamijwe kurokora abatuye uyu mugabane – Perezida Kagame

igire
igire Yanditswe February 19, 2023
Share
SHARE

Mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023, Perezida Paul Kagame yavuze ko Politiki z’ubuzima muri Afurika zigomba gushyirwaho hagamijwe kurokora ubuzima ndetse no kongera agaciro k’ubuzima k’abatuye muri Afurika.

Perezida Kagame atanga ikiganiro
Perezida Kagame atanga ikiganiro

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yatanze ubwo hatangizwaga gahunda y’Ikigo Nyafurika gishizwe kurwanya no gukumira ibyorezo (Africa CDC) igamije kongera imbaraga mu igenamigambi n’ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa gahunda zitandukanye ku rwego rwa ba Minisitiri b’Ubuzima muri Afurika.

Perezida Kagame avuga ko ukwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’izi ngamba kw’abayobozi ari ingenzi muri byose.

Ati “Ubushobozi bw’abayobozi kuri buri rwego kugira ngo ibintu bikorerwe ku gihe kandi bikorwa neza bifite umusasruro munini ku miryango yacu no ku baturage bacu muri rusange, ndibwira rero ko n’ubundi byari byaratinze uku kwigira ku bandi hagati y’abaminisitiri bacu b’ubuzima”.

Abayobozi barimo n
Abayobozi barimo n’abakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye iyi nama ko abenshi muri bo ari abaganga b’umwuga bagiriwe icyizere mu nzego z’ubuyobozi bw’ibigo bikomeye mu guhuza abandi, mu bikorwa bwo kugenga ingengo y’imari ndetse no kugenga ibihe, ababwira ko abizi neza ko biteguye kuzuza ku nshingano zindi bahawe.

Perezida Kagame ati “Ntawe ukwiye gufata ubu bumenyi mu buryo busanzwe kubera impamvu runaka, ahubwo ubumenyi mufite bugomba gukoreshwa mu bikorwa biteza imbere ubuzima bw’abaturage”.

Perezida Kagame yashimiye umuryango wa Afurika yunze ubumwe n’ikigo Africa CDC ndetse na Susan Thompson Buffet Foundation n’abandi bafatanyabikorwa mu gushyiraho iyi gahunda.

Ati “Iyi gahunda nigera ku ntego yayo dushobora kuzabona abandi ba Minisitiri bo mu zindi nzego basaba umuryango wa Afurika yunze ubumwe kubafasha na bo gushyiraho gahunda nk’iyi, kandi ibi ntabwo bizaba ari ibintu bibi”.

Bafashe ifoto y
Bafashe ifoto y’urwibutso

Iyi gahunda ihuriweho n’abaminisitiri b’ubuzima igamije kurushaho guteza imbere igenamigambi no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zitandukanye zigamije kunoza imitangire ya serivise mu nzego z’ubuzima.

Ati “Ndashimira imbaraga zashyizwe mu guharanira ubuzima buzira umuze bw’abaturage bacu hagamijwe ibyiza by’Umugabane wacu wa Afurika. Ndasaba ba Minisitiri b’Ubuzima gukorana bya hafi na Africa CDC mu gushaka ibisubizo by’umwihariko gushyiraho inganda zikora inkingo n’imiti.”

Africa CDC ni ikigo cya Afurika yunze Ubumwe cyashyizweho kugira ngo gishyigikire politiki na gahunda zijyanye n’ubuzima mu bihugu binyamuryango.

Gifite kandi intego yo kubaka ubushobozi bw’ibigo bishinzwe ubuzima muri Afurika mu bijyanye no gutahura, kumenya, gukumira no gutabara vuba mu gihe haba habayeho icyorezo kidasanzwe mu bihugu bya Afurika.

You Might Also Like

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

igire February 19, 2023 February 19, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?