Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: RDC: Tshisekedi yakoze impinduka mubuyobozi bukuru mbw’ikigihugu
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Amakuru

RDC: Tshisekedi yakoze impinduka mubuyobozi bukuru mbw’ikigihugu

igire
igire Yanditswe August 2, 2023
Share
SHARE

Perezida wa Repebilika Iharanira  Demokarasi ya Congo Félex Antoine  Tshisekedi yakoze Impinduka muburyobozi bukuru bwicyo gihugu

Muri izi mpinduka Tshisekedi yirukanye Jean-Hervé Mbelu wari usanzwe akuriye ANR amusimbuza Lusadisu Kiamba.

Tshisekedi kandi yashyizeho umujyanama we mushya mu by’umutekano yagize Jean-Louis Esambo Kangashe.

Uyu wahoze ari Colonel mu gisirikare cya Congo yinjiyemo ku bwa Mobutu Sese Seko, umuganga ufite impamyabumenyi ya doctorat ndetse n’umwizerwa wa Laurent-Désiré Kabila na Etienne Tshisekedi, yasimbuye kuri uriya mwanya François Beya umaze igihe yarashyizwe ku gatebe.

Tshisekedi yakoze izi mpinduka mu gihe Congo Kinshasa ibura amezi atanu yonyine ngo ijye mu matora rusange arimo n’ay’Umukuru w’Igihugu.

Ni impinduka kandi yakoze mu gihe igihugu cye cyugarijwe cyane n’ikibazo cy’umutekano muke.

Nko mu burasirazuba bwa Congo ingabo z’iki gihugu zimaze igihe zihanganye n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa M23 zimaze umwaka urenga zarananiwe kuvana mu byimbo.

Ibice bindi bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birimo n’umurwa mukuru Kinshasa na byo bimaze igihe byugarijwe n’umutekano muke ijyana n’ibikorwa by’ubwicanyi.

Muri bwo harimo ubwo mu kwezi gushize bwakorewe Chérubin Okende wahoze ari Minisitiri w’Ubwikorezi n’Itumanaho ndetse n’umujyanama wa Moïse Katumbi wishwe n’abataramenyekana kugeza ubu.

Congo Kinshasa kandi imaze igihe ivugwamo guta muri yombi bya hato na hato, by’umwihariko abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Abakurikiranira hafi ibyo muri iki gihugu bavuga ko kuba Tshisekedi yiyegereje bariya bagabo basanzwe batazwi cyane muri Congo biri mu rwego rwo kugerageza kwikuraho icyasha kubera ibikorwa bibi bikorwa n’inzego zirimo urw’ubutasi ndetse n’iz’umutekano.

You Might Also Like

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

igire August 2, 2023 August 2, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?