Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: RRA ifite intego yo gukusanya imisoro isaga miliyari 2,637 Frw muri uyu mwaka
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

RRA ifite intego yo gukusanya imisoro isaga miliyari 2,637 Frw muri uyu mwaka

igire
igire Yanditswe July 24, 2023
Share
SHARE

 

Ikigo cy’igihugu cy’ imisoro n’amahoro RRA kiravuga ko gifite intego yo gukusanya imisoro isaga miliyari ibihumbi 2 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda, yo kunganira ingengo y’ imari y’uyu mwaka ku rugero ruri hejuru ya 52%.

Gusa bamwe mu basora barasaba RRA gukora igenzura ku bicuruzwa by’ibyiganano bidasora kuko bishobora kugira ingaruka kuri iyi ntego yihaye.

Ikigo cy’ imisoro n’amahoro kigaragaza ko mu mwaka ushize w’ ingengo y’ imari cyinjije amafaranga agera ku 103% by’intego cyari cyahawe na minisiteri y’imari n’igenamigambi, bituma bunganira ingengo y’ imari ku kigero cya 47%.

Uyu mwaka naho bafite intego yo gukusanya umusoro ku buryo bazunganira ingengo y’imari ku kigero cya 52.4% nk’ uko Komiseri mukuru wa RRA Ruganintwari Pascal yabitangaje.

Nubwo RRA ifite iyi gahunda bamwe mu basora bagaragaza imbogamizi RRA ishobora kuzahura nazo kandi zibangamiye abakora ubucuruzi bari basanzwe basora neza.

Ku ruhande rwa RRA ivuga ko hari ingamba zafashwe kugira ngo hatagira unyereza umusoro kandi n’ibyo bibazo aba bacuruzi bagaragaza bikemuke birimo gukoresha uburyo bwo gusaba kode.

Muri uyu mwaka RRA ivuga ko ifite intego yo kuzinjiza miliyari zingana n’ibihumbi 2,637Frw yunganira ingengo y’imari y’uyu mwaka ku kigero kigana na 52.4 %.

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire July 24, 2023 July 24, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?