Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rulindo: Ishuri ryibwe mudasobwa zisaga 30 ku nshuro ya kabiri
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Amakuru

Rulindo: Ishuri ryibwe mudasobwa zisaga 30 ku nshuro ya kabiri

igire
igire Yanditswe September 22, 2023
Share
SHARE

Mu karere ka Rulindo umurenge wa Ntarabana mu kagari ka Kiyanza kuri uyu wa 22 Nzeri 2023 hamenyekanye inkuru y’iyibwa rwa mudasobwa mu kigo cy’amashuri cya ES Kiyanza.

Aho niho bivugwako baciye

Aya makuru akaba yamenyekanye saa sita ishyira i saa saba z’amanywa ubwo ubuyobozi bw’iki kigo bari mubugenzuzi butegura itangira ry’amashuri.

Muri iki kigo hakaba hibwe mudasobwa zigendarwa (Laptops) 33 na Projectors 2 zabaga mu cyumba abanyeshuri bigiramo ikoranabuhanga(smart classroom).

Iri shuri ubusanzwe rifite abarinzi ba compani (Company) ya RUCOSEC akaba aribo bacunga umutekano.

Ubwo twakoraga iyi nkuru twagerageje kuvugana n’inzego bireba ngo baduhe amakuru kuri ubu bujura, ariko kubona amakuru muri kano karere biragoye cyane.

Gitifu w’umurenge wa Ntarabana mu butumwa twamwandikiye kuri WhatsApp yabusomye araruca ararumira.

Visi Meya wa Rulindo ushinzwe imibereho myiza unafite mu nshingano uburezi,Mutaganda Theophila yemereye Radiotv 1 aya makuru ati:” Akarere twabimenye ko byabaye amakuru y’ibanze ni uko ari ibikoresho bya laptop byibwe[…]”. Akomeza avugako babimenye mu ma saha ya saa yine.

Yakomeje avugako bagikurikirana ngo barebe, avugako byamaze gushyikirizwa urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB.

Tubibutse ko ubujura bukorewe muri iki kigo mu mwaka wa 2016 nabwo hibwe mudasobwa zisaga 20 nabwo haciwe ingufuri,zikaburirwa irengero.

You Might Also Like

Maj Gen Vincent Nyakarundi yitabiriye Inama y’ingabo zirwanira ku butaka muri Afurika

Виртуальный портал 1win зеркало online: наполненный каталог тайтлов с бонусными спинами

Rutsiro: Kutagira umuriro bituma abatuye Sure batiteza imbere uko bikwiye

Online Casino games

1Вин зеркало на данный момент диалоговый

igire September 22, 2023 September 22, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?