Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rusizi: 92.1% by’abana bari munsi y’imyaka 5 barererwa muri ECDs
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Rusizi: 92.1% by’abana bari munsi y’imyaka 5 barererwa muri ECDs

igire
igire Yanditswe May 25, 2025
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko gahunda y’Ingo Mbonezamikurire y’Abanana bato (ECDs) abenshi bita amarerero, ikomeje kwitabirwa ku rwego rushinishije aho igira uruhare mu kurwanya igwingira n’izindi ndwara zituruka ku mirire mibi.

Bamwe mu babyeyi bafite abana mu marerero yo mu ngo mu Midugudu y’Akarere ka Rusizi, bashima iyi gahunda ya Leta yatumye abana babo bajijuka bakanava mu igwingira n’imirire mibi byari byarabokamye.

Mu kiganiro n’Imvaho Nshya ubwo amarerero 20 yo mu Mirenge ya Muganza, Gitambi na Nyakabuye yahabwaga ibikoresho byo kwifashisha bifite agaciro ka miliyoni enye n’igice, bamwe mu babyeyi bagaragaje uburyo yabafashije.

Nyiramahirwe Florentine ufite abana babiri muri ECD yo mu Mudugudu wa Ramiro, avuga ko uw’imyaka ibiri n’amezi atanu yamujyanyemo ku myaka ibiri apima ibilo bitandatu gusa.

Ati: “Nabajyanyemo bombi, umuto afite imyaka ibiri yaragwingiye bigaragara kubera kubura icyo mbaha, afite ibilo bitandatu gusa, ubu amazemo amezi atanu. Kubera uburyo yitabwaho bakamuha amafunguro yuzuye ubu afite ibilo 10. Byatumye na mukuru we ajyayo bakabitaho bombi, na we ameze neza kandi yarerekezaga  mu igwingira.”

Kanakuze Claudine ufite umwana muri ECD yo mu Mudugudu wa Kamabuye, mu Murenge wa Muganza, na we ati: “Mfite abana batanu ntafitiye ubushobozi bwo kurera, byatumye ngira uw’imyaka 3 wari ufite ibilo bitandatu gusa. Amaze amezi atatu mu irerero, kubera uburyo yitaweho n’indyo yuzuye ahabwa ubu ku myaka 3 n’amezi 9 afite ibilo 12.

Yankurije Costasie, Umujyanama  w’Ubuzima akanagira irerero ry’abana 40 iwe mu Mudugudu wa  Nyamaronko, mu Murenge wa Nyakabuye, avuga ko mu bana bakira hazamo abafite ibibazo bisaba kwitaho byihariye.

Ati: “Hari abo ubona rwose ko ababyeyi babo nta cyo babaha, umwana akazanwa cyane cyane n’icyo gikoma cy’amata aba ari buhabwe mugitondo kandi biga buri munsi kugeza ku wa 5.

Uko akibonye kimwe n’ibindi dushobora kubona tukabaha, mu gihe gito ukabona ameze neza, bigaragaza akamaro k’aya marerero mu gukura abana bato mu igwingira.

Umukozi w’Akarere ka Rusizi ushinzwe guteza imbere ubuzima no gukumira indwara Habarugira Wenceslas, avuga ko  ingo mbonezamikurire y’abana bat mu ngo yagiriye cyane akamaro abana bato n’ababyeyi babo, cyane cyane ku mutekano w’abana baburaga aho birirwa ababyeyi bagiye gushakisha ibibatunga,ariko cyane ku bari baragwingiye.

Ati: “Ubushakashatsi ku buzima bwo muri 2019-2020 ku igwingira ry’abana bari munsi y’imyaka 5, Akarere ka Rusizi kari kari kuri 30,7%. Bukorwa nyuma y’imyaka 5 ubu hagiye gusohoka ubundi. Ariko mu cyumweru cyahariwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana cyabaye muri Mutarama uyu mwaka, imibare yakusanyijwe n’Abajyanama b’Ubuzima yerekanye ko ku rwego rw’Akarere igwingira ku bana bari munsi y’imyaka 2 riri kuri 18,5%, intego y’Igihugu ari nibura kugera kuri 19%.”

Ashimangira uruhare rukomeye rw’amarerero mu kugabanya iyi mibare, akavuga ko bitanga icyizere cy’imibereho izira igwingira y’abana bato.

Ati: “Amarerero yabigizemo uruhare rukomeye cyane kuko 92,1% by’abana bose bagombye kuba mu marerero y’Umudugudu bayarimo, 7,9% basigaye kikaba ari ikibazo cy’imyumvire y’ababyeyi tukirwana na yo ngo na bo bumve akamaro kabyo.”

Mu bikoresho byahawe amarerero 20 muri iki cyumweru, buri rerero ryahawe amasafuriya abiri, imwe ya litiro 25 n’indi ya litiro 15, yifashishwa mu guteka igikoma n’indyo yuzuye.

Buri rugo mbonezamikurire kandi rwahawe ikigega cy’amazi cya litiro 200, Kandagirukarabe mu rwego rwo kwigisha abana isuku n’ibindi.

Nyiramahirwe Clémentine avuga ko uyu mwana we mu mezi 5 gusa amaze mu irerero ibilo bye byiyongereye
Kanakuze Claudine avuga ko uyu mwana yamujyanye mu irerero afite ibilo 6 ku myaka 3 yumva ari ubundi burwayi afite, ariko mu mezi 9 gusa arimazemo afite ibilo 12
Umukozi w’Akarere ka Rusizi ushinzwe guteza imbere ubuzima no gukumira indwara, Habarugira Wenceslas
Ibi bikoresho bigiye kongerera ingufu amarerero yo mu ngo mu Midugudu

You Might Also Like

MUSANZE: Imirenge 4 yo muri Musanze na Gakenke yibasiwe na Malariya

Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

igire May 25, 2025 May 25, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

IMPANURO:Maj Gen Nyakarundi yahaye impanuro inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiye kujya i Cabo Delgado
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?