Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rusizi: Yafatiwe mu cyuho akwirakwiza udupfunyika tw’urumogi mu baturage
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubutabera

Rusizi: Yafatiwe mu cyuho akwirakwiza udupfunyika tw’urumogi mu baturage

igire
igire Yanditswe December 16, 2024
Share
SHARE

Iyabigize Régis w’imyaka 25, ubana n’ababyeyi be mu Kagari ka Cyendajuru, Umurenge wa Giheke, Akarere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yo gufatirwa mu cyuho akwirakwiza urumogi mu baturage.

Uyu musore wahise atabwa muri yombi afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Kamembe, akekwaho kunywa no gucuruza urumogi, nyuma yo gufatanwa udupfunyika 7 yari asigaranye.

Bikekwa ko yafashwe hari urumogi amaze kugurisha, urwo yasanganywe na rwo akaba yari arushyiriye abandi bakiliya.

Abaturage  bavuga ko n’ubundi uwo musore yafashwe nyuma y’amezi atatu gusa yari amaze afunguwe ku gifungo cy’imyaka itatu irimo ibiri isubitse yakatiwe nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’urugomo kuko yari yakomerekeje umuntu.

Bavuga ko Iyabigize akimara gufungurwa ari bwo yahise yijandika mu kunywa urumogi, amakuru akaba yarabanje guhwihwiswa nta bihamya bifatika biraboneka.

Umwe muri abo baturage yagize ati:  “Amakuru yakomeje guhwihwiswa ko arunywa akanarucuruza, ko n’urugomo agira ari rwo rubimutera. Umwe mu baturage amubona ku igare mu ma saa sita z’amanywa, ava mu bice by’Umurenge wa Bushenge, Akarere ka Nyamasheke, ageze ku mabutiki y’umurenge wa Giheke arariparika, yinjira  mu kabari, mu kanya arasohoka igare araribitsa arazamuka.”

Uwo muturage yemeza ko we na bagenzi be bakomeje gucunga uwo musore babona agenda yihishahisha batungira agatoki inzego z’umutekano.

Ubwo yikangaga abashinzwe umutekano yirukankiye mu cyayi bamwirukaho, bamufatiramo ashaka kubarwanya bamurusha imbaraga, barebye mu mufuka w’ikoti yari yambaye basangamo udupfunyika 7 tw’urumogi.

Umuturage yakomeje agira ati: “Agejejwe ku Murenge hategerejwe ko RIB iza kumujyana. Yavuze ko urumogi arufite koko ariko rwari urwo anyway urundi akarushyira ingurube ze. Dukeka ko ari amatakirangoyi kuko aho yajyaga byagaragaraga ko hari uwo arushyiriye nk’uko n’aho yari avuye twabiketse, n’uko gusiga igare akagenda n’amaguru kandi ari no mu muhanda werekera iwabo, byose byatubereye urujijo ariko iperereza rizabyerekana.”

bati: “Ari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Kamembe ngo abibazwe kuko inywa n’icuruzwa ry’urumogi n’ibindi biyobyabwenge rihanwa n’amategeko.”

Yasabye abaturage, cyane cyane urubyiruko, kwirinda ingeso mbi kuko zica ahazaza harwo kandi ko amaherezo bazafatwa bakabihanirwa.

You Might Also Like

Rubavu: Abasore 2 bafatanywe udupfunyika 2 000 tw’urumogi

Musanze: Habereye igikorwa cyo kumurika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Gasabo: Abadepite bakirijwe ikibazo cy’abimuwe mu manegeka bakaba bakishyuzwa imisoro

M23 yashyizeho abayobozi b’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru

Hitegwe iki ku nama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC?

igire December 16, 2024 December 16, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?