Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rutsiro: Kuba badashobora kwigurira ipoto y’amashanyarazi byabahejeje mu kizima
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Rutsiro: Kuba badashobora kwigurira ipoto y’amashanyarazi byabahejeje mu kizima

igire
igire Yanditswe February 27, 2025
Share
SHARE

Abaturage batuye ku muhanda wa Rubavu- Karongi ahitwa Rushikiri mu Murenge wa Mushubati Akagari ka Mageragere, bavuga ko baheze mu kizima kubera kutagira ubushobozi bwo kugura ipoto y’amashanyarazi kubera imiterere y’aho batuye.

Ibi ngo bituma abo baturage bahera mu mwijima, bagasigara inyuma mu iterambere n’abana babo ntibabone uko biga cyangwa ngo basubiremo amasomo bageze mu rugo.

Mukamana Marie yagize ati: “Ubu turara mu mwijima mfite abana biga ariko ntabwo babasha gusubiramo amasomo ya nijoro, turasaba ko badufasha bakaduha umuriro w’amashanyarazi kuko ubuzima bwo kuba mu kizima abandi bacanye buratugoye.”

Undi yagize ati: “Turasabwa ipoto ndende kubera ko dutuye munsi y’umuhanda kugira ngo imodoka zitazajya zikurura insinga kandi batubwiye ko tutagomba gukoresha ayo asanzwe y’ibiti. Twatanze ibyangombwa byacu by’ubutaka nk’abashaka umuriro ariko nta gisubizo tubona.”

Bagaragaza ko bahawe ubufasha bwo kubona ipoto ndende, na bo bahita babona umuriro ndetse bakavuga ko ari ahakenewe ubwitange bwabo nabwo babushyiraho ariko bagacanirwa.

Ati: “Biramutse bidusaba iki giti gisanzwe n’ubu tuba twarabikoze, ariko batubwiye ko ipoto ikenewe ari imwe ndende itangwa na REG kandi twe ntabwo twabona amafaranga yo kuyigura pe.”

Ku rundi ruhande, Umuyobozi wa REG mu Karere ka Rutsiro Rugaba Maurice, yasabye abo baturage kwegera REG, bakagaragaza ikibazo bafite mu nyandiko hanyuma nayo ikabasabira ubufasha. Uyu muyobozi yavuze ko icyakora babasura bakareba niba baba babahaye umuriro mu buryo bw’agateganyo mu gihe batarahabwa ipoto ikenewe.

Ati: “Turasaba aba baturage kutwegera bakaduha urwandiko rugaragaza ko bakeneye ipoto ndende, natwe tukabakorera ubuvugizi mu gihe ibikoresho byatugeraho, na bo tukabagira nyambere tugahita tubafasha.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu Uwizeyimana Emmanuel yabwiye ko ari inshingano z’Ubuyobozi kwegereza umuturage umuriro bityo bakaba bakorana na REG kugira ngo abo baturage bahabwe ipoto babashe gucana.

Ati: “Umuturage tumufasha kumwegereza umuriro we icyo akora ni ukuwukurura awugeza mu rugo. Kuba rero hakenewe ipoto ingana gutyo, ni igikorwa ubuyobozi bw’Akarere twakorana na REG hanyuma hakarebwa niba koko iyo poto ari yo ikewe bagafashwa”.

Kugeza ubu mu Karere ka Rutsiro bari ku kigero cya 50% ku muriro w’amashanyarazi ariko uyu muyobozi yabwiye Imvaho Nshya ko nyuma yo guha ingo 11 000 umuriro batekereza ko bazagera ku kigero cya 70%.

Abatuye aha munsi y’umuhanda bifuza gufashwa bagahabwa ipoto bakava mu kizima

You Might Also Like

U Rwanda rwiteze inyungu kubera izamuka ry’ibiciro bya Wolfram

Kamonyi: Bashinja ‘Abahebyi’ kubangiriza imyaka yari kuri hegitari 20

Ibibazo by’inyamaswa zonera abaturage byikubye gatatu mu myaka itanu ishize

Abanyarwanda 15 barimo gukora imishinga minini bifashishije ubwenge buhangano

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa

igire February 27, 2025 February 27, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?