Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rutsiro: Kutagira umuriro bituma abatuye Sure batiteza imbere uko bikwiye
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Mu Rwanda

Rutsiro: Kutagira umuriro bituma abatuye Sure batiteza imbere uko bikwiye

igire
igire Yanditswe February 26, 2025
Share
SHARE

Abaturage bo mu Kagari ka Sure, Umurenge wa Mushubati barasaba Umuriro w’Amashanyarazi kugira ngo babashe kwikura mu bukene bahanga imirimo ndetse n’abana babo bakiri ku ishuri babashe kwiga neza.

Abaturage bo mu Mudugudu wa Kaduha muri ako Kagari bavuga ko basigaye inyuma kuko abandi bo mu yindi Midugudu bawufite ariko bo bakaba barasabwe gukomeza gutegereza igihe kikaba kibaye kirekire.

Mucyo Rodrique utuye muri uwo Mudugudu yagize ati: ”Igice kimwe cy’uyu Mudugudu nta muriro gifite, twagerageje kureba ubuyobozi badutuma ibyangombwa by’ubutaka turabitanga turategereza amaso ahera mu kirere. Biratudingiza kuko ubu twakihangiye imirimo hano naho hagashyuha natwe tukabona imibereho.”

Undi muturage yagize ati: “Mu 2022 twajyanye ibyangombwa by’ubutaka ku Murenge, batubwira ko nk’abantu basigaye bagiye kuzawuduha ariko twarategereje twarahebye.”

Yakomeje agira ati: “Igice kimwe cy’uyu Mudugudu kirawufite ikindi ntabwo kiwufite kandi dufite abana biga bagombye kwigira ahabona. Umwana ntabwo ashobora kujya mu ikayi atashye izo nazo ni ingaruka kandi niba abandi bafite umuriro natwe badufasha kuko batubwiye ko no kwikururira bitemewe ikindi nta n’ubushobozi dufite bwo kubikora.”

Undi yagize ati: “Njye ndi umusore nakabaye nshinga ‘Salo’ yogosha umusatsi hano kuko narabyize, ariko kuko nta muriro uhari biradindiza kandi iki igitekerezo cyanjye cyagirira umumaro abatuye aha. Mudufashe kutwibukiriza natwe badukure muri uyu mwijima.”

Umukozi wa REG mu Karere ka Rutsiro Rugaba Maurice yabwiye Imvaho Nshya icyo kibazo cyabo baturage ntacyo bari bazi ariko bagiye kugikurikirana.

Ati: ”Ntabwo twamenye icyo kibazo ahari wasanga bari bazi ko bakitugejejeho ariko ntikitugereho. Turakora ubugenzuzi, Tugiye gukora uko dushoboye dusure n’abo bo muri Kaduha tubafashe kubona umuriro.

Uwizeyimana Emmanuel, Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu yabwiye Imvaho Nshya ko hari gahunda Akarere karimo yo kugeza umuriro w’Amashanyarazi mu ngo 11 000 bityo ko n’abatari bawubona barimo n’igice cyo muri uwo Mudugudu wa Kaduha baba barimo.

Ati: “Uyu mwaka turaha umuriro ingo zigera ku 11 000 zirimo n’izari zarasigaye, bigaragara ko bishobora kutuzamurira imibare tukava kuri 50% kugera kuri 70% kandi tugakomeza guha n’abandi badafite umuriro kuko biri mu nshingano zacu zo guha abaturage bacu umuriro. Abo utari wageraho rero turabasaba kwihangana”.

You Might Also Like

Виртуальный портал 1win зеркало online: наполненный каталог тайтлов с бонусными спинами

Online Casino games

1Вин зеркало на данный момент диалоговый

Melbet: Бонусы, промокоды а еще действия абсолютно все, чего бог велел большой свет!

Ibigo by’amashuri byatangiye gusogongera ku nyungu zo gutekesha gaz

igire February 26, 2025 February 26, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?