Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rwamagana: Abageze mu zabukuru baravuga ko kwizigamira muri EjoHeza ari ingirakamaro
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Rwamagana: Abageze mu zabukuru baravuga ko kwizigamira muri EjoHeza ari ingirakamaro

igire
igire Yanditswe October 5, 2023
Share
SHARE

Abageze mu zabukuru batuye mu karere ka Rwamagana baravuga ko kwizigamira muri EjoHeza ari bimwe mu bizabafasha kugira amasaziro meza kuko ubwizigame bwabo buzabagoboka igihe bazaba batagifite imbaraga zo gukora.

Nibakubone Pierre utuye mu kagari ka Ruhunda murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana, avuga ko ashimira Leta y’u Rwanda yabashyiriyeho gahunda ya EjoHeza yo kwizigamira bateganyiriza izabukuru, avuga ko amaze imyaka ibiri atanga ubwizigame muri EjoHeza, aho atanga amafaranga 1500 buri kwezi y’ubwiteganyirize bwo muri EjoHeza.

Uyu Pierre avuga ko iyo iyi gahunda ya EjoHeza iza kuba nko mu myaka 20 itambutse ubu yari kuba amaze kugera kuri byinshi ariko kandi nubwo yaje bageze mu zabukuru ntibibabuza kwiteganyiriza, Yagize ati,” Kuba nizigamira muri EjoHeza nasanze nta gihombo kirimo kuko uba uteganyiriza ejo hazaza igihe uzaba utakibasha kugira icyo ukora ubwizigame bwawe bukaguboka ukagira amasaziro meza.”

Nibakubone yakomeje avuga ko iyo aza kugira amahirwe yo kwizigamira mu myaka ye akiri muto ubu yari kuba afite ubushobozi burenze ubwo afite uyu munsi kuko yaje gusanga ari ikintu gishimishije cyane kandi yavuze ko ashishikariza n’abandi bataratera intambwe nkiyi ko bagomba gufata iya mbere bagateganyiriza ejo habo kugira ngo bazagire amasaziro meza.

Mujawayezu Xaverine uhagarariye abageze mu zabukuru bigeze gukorera Leta mu karere ka Rwamagana nawe avuga ko amahirwe yo kwiteganyiriza batigeze bayagira mu myaka yo ha mbere bitewe na Leta zariho bitandkanye niriho ubu kuko zo ntizegeze zibatekerereza kuba bagira imibereho myiza ndetse ngo bagire n’burenganzira nk’ubw’abandi.

Yagize ati,” Nta kindi gihe twigeze tugira amahirwe nkaya yo kuba twakizigama tukanizigamira mu Leta zo hambere kuko nta nuwigeze abitwigisha ngo adukangurire uko bikorwa, rero iyo tuza kugira ayo mahirwe ubu twari kuba dufite ubushobozi buruseho ubwo dufite uyu munsi.” Mujawayezu yakomeje avuga ko imibereho myiza y’abageze mu zabukuru ikenewe, ko ari nayo mpamvu natwe tudakwiye guhezwa nkuko bigaragara badutekerejeho baduha gahunda ya EjoHeza yo kwizigama kandi ni byiza tugomba no kubera abakiri bato urugero rwiza rwo kwitegayiriza.

Mbonyumuvunyi Radjab, umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana yavuze imibereho ko y’abageze mu zabukuru igomba kwitabwaho kugira ngo badaheranwa n’amateka mabi banyuzemo, ahubwo bagomba gukomeza batera intambwe ijya imbere bakizigamira bakazagira masaziro meza.

Yagize ati,” Leta y’u Rwanda yashyizeho ikigega cya EjoHeza cyo kwizigama duteganyiriza ejo hazaza rero nk’abageze mu zabukuru kuba bizigamira ni ikintu gishimishije kubona umuntu yaharanira iterambere rwe kandi akumva ko yagira amasaziro meza.”

Umuyobozi w’akarere ka Rwamaga Mbonyumuvunyi yakomeje asaba abaturage guharanira gukora bakiteza imbere, bakizigamira bakazagira amasaziro meza kandi bagasaza mu cyubahiro nkuko Leta yabashyiriyeho uburyo bwo kwizigamira bakava ku rwego rumwe bakajya ku rundi bakerekana intambwe yo bateye mu buryo bw’imibereho yabo.

Kugeza ubu Leta y’u Rwanda ifasha abageze mu zabukuru, inshike, abapfakazi barengeje imyaka 65 aho ibagenera inkuga y’ingoboka.

ABAEZE MUZABUKURU

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire October 5, 2023 October 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?