Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rwanda: Umugabo wamaze amasaha menshi mu kirombe yavuyemo yanegekaye
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Rwanda: Umugabo wamaze amasaha menshi mu kirombe yavuyemo yanegekaye

igire
igire Yanditswe May 11, 2023
Share
SHARE

Habarurema w’imyaka 23 wari waburiwe irengero guhera kuri uyu wa Gatatu mu masaha ya mugitondo kare, ubwo ikirombe cyamugwiraga, kuri uyu wa Kane yatabawe basanga ni muzima gusa yanegekaye.

Habarurema w’imyaka 23 yatabawe ari muzima

Uyu musore Akomoka mu Mudugudu wa Ntakabavu, Akagari ka Mucaca, Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, akaba akorera ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Ruli muri Gakenke.

Inkuru ya Taarifa.rw ivuga ko yagwiriwe n’iki kirombe gifite metero ziri hagati ya 50 na 60 z’ubujyakuzimu.

Kuri uyu wa Kane nibwo abatabazi bamukuye muri uriya mwobo.

 

 

Bavuga ko ikirombe cyamuhanukiye, ariko gisanga yarangije kugwa, yihishe mu mwenge binjiriramo bajya imbere cyane mu kirombe, bityo ibitaka n’ibiti ntibyashobora kumugeraho.

Habarurema yavuye mu mwobo ibitaka bimwuzuyeho ahantu hose, avuga ko ameze neza uretse ko atabasha kumva kubera ko amazi yamugiye mu matwi, kandi akaba ababara ku gice cyo hasi ku maguru.

Yajyanywe mu bitaro bya Ruli kwitabwaho n’abaganga.

Meya w’Akarere ka Gakenke, Jean Marie Vianney Nizeyimana yari yabwiye RBA ko uriya mugabo yari ari kumwe na mugenzi we bagiye gutegurira bagenzi babo inzira kugira ngo batangire akazi, ariko ikirombe kigwira umwe undi ashobora kugicika.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Madamu Dancille Nyirarugendo ari mu Bayobozi bakuru bageze kuri kiriya kirombe gukurikirana ibikorwa byo kuzamura uriya mugabo, nubwo ejo bitabashije gukunda.

Habarurema yari asanzwe akorera ikigo kitwa Ruli Mining Trade Ltd ariko kiriya kirombe gicukurwa n’ikindi kigo kitwa COMEKAGI.

Ibikorwa byo gushakisha Habarurema byatangiye akimara kugira ibyago

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire May 11, 2023 May 11, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?