Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Sena yasabye Guverinoma kwita ku bibazo biri mu nyongeramusaruro
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Sena yasabye Guverinoma kwita ku bibazo biri mu nyongeramusaruro

igire
igire Yanditswe February 20, 2025
Share
SHARE

Abasenateri basabye Guverinoma gukemura ibibazo bikibangamiye ubucuruzi bw’inyongeramusaruro harimo kuvugurura gahunda ya Smart Nkunganire, no kuvugurura ibigenerwa abacuruzi b’inyongeramusaro bikajyana n’igihe.

Inteko Rusange ya Sena yafashe uyu mwanzuro nyuma yo kugezwaho raporo y’ibikorwa na Guverinoma mu kugeza inyongeramusaruro ku bahinzi.

Uretse ibibazo bijyanye na gahunda ya Smart Nkunganire n’ibigenerwa abacuruzi b’inyongeramusaro, bitakijyanye n’igihe, muri iyi raporo hanagaragajwe ibindi bibazo bibangamiye itangwa n’ikoreshwa ry’inyongeramusaruro ku bahinzi.

Mu byo Abasenateri basabye harimo n’ikijyanye n’ubushakashatsi ku miterere y’ubutaka butaratangira kwifashishwa ngo ikoreshwa ryʼinyongeramusaruro ribushingireho.

Naho ku kibazo cy’imyenda y’arenga miliyari yi 22 Frw Uturere dufitiye ibigo bicuruza inyongeramusaruro bikaba bibangamiye ishoramari ryabyo, Abasenateri basabye ko bishyurwa vuba ndetse n’ibiciro bahererwaho bikavugururwa.

Inteko Rusange ya Sena nyuma yo kugezwaho iyi raporo na Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari yayemeje ndetse ifata imyanzuro ibiri igomba gushyikirizwa Guverinoma.

Kugeza ubu 85% by’imbuto ikenerwa mu buhinzi bw’u Rwanda ituburirwa imbere mu gihugu ndetse igahabwa nkunganire.

Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Imiyoborere, RGB bwerekanye ko abaturage bishimira kugezwaho inyongeramusaruro ku kigero cya 61.6% mu gihe bishimira kugezwaho imiti yica udukoko mu bihingwa ku kigero cya 60.4%.

Mu cyiciro cya kabiri cyo kwihutisha iterambere NST2 biteganijwe ko ifumbire mvaruganda ikoreshwa izava ku biro 70 igere ku biro 94.6 kuri hegitari mu 2029.

 

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire February 20, 2025 February 20, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?