Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Stade mpuzamahanga ya Huye yemewe na CAF
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Imikino

Stade mpuzamahanga ya Huye yemewe na CAF

igire
igire Yanditswe February 22, 2023
Share
SHARE

Sitade mpuzamahanga ya Huye yari imaze iminsi ikorerwa igenzura n’Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ngo yemererwe kwakira imikino mpuzamahanga, yahawe ubu burenganzira.

Stade Huye yemerewe kwakira imikino mpuzamahanga
Stade Huye yemerewe kwakira imikino mpuzamahanga

Ibi byagaragajwe na gahunda y’imikino y’umunsi wa gatatu n’uwa kane yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023, yasohowe na CAF aho yerekana ko tariki 27 Werurwe 2023 u Rwanda ruzakira ikipe ya Benin, umukino ukabera kuri Stade mpuzamahanga ya Huye saa cyenda.

Umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Henry Muhire, yabwiye Kigali Today ko kuba iyo Stade yasohotse ku hazakinirwa imikino yemewe, kandi ko hari ibizakomeza kunozwa, cyane ko ari n’inyungu z’u Rwanda muri rusange.

Ati “Kuba stade yacu yasohowe kuri gahunda y’ahazabera imikino ni uko ubwo yemewe. Gusa haba hari ibindi CAF ikidusaba tuvugana. Yayemeye ariko bisaba ko hari ibyo ugenda ukosora cyane ku myakirire, ku mahoteli nibindi, rero nibyo tuzakomeza gukoraho n’ubundi kuko ni inyungu zacu.”

FERWAFA yaherukaga gutanga ibindi bintu yari yasabwe na CAF muri iri genzura, birimo kwerekana niba aho umukino uzabera hari hoteli ziri ku rwego rwiza, intera iri hagati y’ikibuga cy’indenge n’ikibuga ndetse n’ibindi bitandukanye byuzuza ibyo yari yatanze mbere, birimo amashusho n’amafoto bigaragaza imiterere ya stade ubwayo.

Mu itsinda u Rwanda ruherere ikindi gihugu kitari gifite stade yemewe ni Mozambique, ariko nacyo Estdio Nacional do Zimpeto yemewe, bizatuma bakirira ikipe y’igihugu ya Senegal imbere mu gihugu tariki 28 Werurwe 2023, mu gihe iki gihugu umukino wa mbere cyakiriyemo u Rwanda wabereye muri Afurika y’Epfo.

Amavubi azasura Benin tariki 22 Werurwe 2023, ahite nayo ayakira nyuma y’iminsi itanu i Huye mu mukino uzasifurwa n’abasifuzi bakomoka muri Somalia, bayobowe na Omar Abdulkadir Artan.

CAF yemereye Stade mpuzamahanga ya Huye kwakira umukino uzahuza u Rwanda na Benin
CAF yemereye Stade mpuzamahanga ya Huye kwakira umukino uzahuza u Rwanda na Benin

You Might Also Like

Perezida Kagame yanenze abikoreza u Rwanda inshingano zitubahirizwa muri RDC

Perezida KAGAME yashyizeho umuyobozi wa RDB

MINEDUC yasubukuye gahunda yo gusura abanyeshuri yasubitswe kubera Marburg

U Rwanda rwatsinze Argentine mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi warebwe na Perezida Kagame (Amafoto)

#FIBAWWC 2026: U Rwanda rwatangiye neza urugendo rugana mu Gikombe cy’Isi (Amafoto)

igire February 22, 2023 February 22, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?