Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda rufite umutekano wo kwakira abimukira – Suella Braverman
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda rufite umutekano wo kwakira abimukira – Suella Braverman

igire
igire Yanditswe April 3, 2023
Share
SHARE

Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman, yashimangiye ko u Rwanda rufite umutekano uhagije urwemerera kwakira abimukira.

Minisitiri Suella Braverman
Minisitiri Suella Braverman

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa BBC ku Cyumweru, Minisitiri Suella yavuze ko Guverinoma y’u Bwongereza ifite gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda nibaramuka bageze mu Bwongereza, banyuze mu nzira zitemewe n’amategeko.

Yashimangiye kandi ko Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza rwasanze u Rwanda rufite umutekano usesuye, ariko yemera ko gahunda yo kurwoherezamo abimukira igifite imbogamizi zishingiye ku butabera.

Madamu Suella ntiyagize icyo avuga ku birebana n’igihe Guverinoma y’u Bwongereza iteganya kuba yakemuye ikibazo cy’ubwato butoya buzana abimukira.

Icyifuzo cya Guverinoma y’u Bwongereza, ni uko abantu bose bagera muri icyo gihugu banyuze mu nzira zitemewe, bahabwa itike yo kugenda gusa bakoherezwa mu Rwanda aho bashobora gusaba ubuhungiro mu bindi bihugu bifuza.

Mu Kuboza kwa 2022, Urukiko Rukuru mu Bwongereza rwemeje ko iyo gahunda yubahirije ibisabwa n’amategeko, ariko icyo cyemezo kiracyakomwa mu nkokora n’ubujurire bw’abimukira.

Min Braverman hamwe n
Min Braverman hamwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Mukeka Clementine na Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair

Minisitiri Suella Braverman, unafite mu nshingano ze ibijyanye n’impunzi, ku wa 18 Werurwe 2023, aherutse mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rwari rugamije kugirana ibiganiro n’u Rwanda muri gahunda y’u Bwongereza, yo kohereza abimukira.

Tariki ya 15 Mata 2022, u Rwanda n’u Bwongereza byashyize umukono ku masezerano agena ko mu gihe cy’imyaka itanu, abimukira n’impunzi binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bazajya boherezwa mu Rwanda.

You Might Also Like

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

igire April 3, 2023 April 3, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?