Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda ruzakora igishoboka cyose mu kwirinda- Perezida Kagame asubiza CNN
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda ruzakora igishoboka cyose mu kwirinda- Perezida Kagame asubiza CNN

igire
igire Yanditswe February 4, 2025
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda ruzakora ibishoboka byose mu kwicungira umutekano, ubwo yasubizaga ibibazo birebana n’umutekano muke muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yabajijwe n’umunyamakuru wa CNN kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Gashyantare 2025. 

Muri icyo kiganiro cyihariye, umunyamakuru Larry Maduwo yabajije Perezida Kagame niba koko ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), amusubiza ko ibyo ntabyo azi, uretse ko muri icyo gihugu hari ikibazo kiraje ishinga u Rwanda.

Yagize ati: “[…] Hari ibintu byinshi ntazi. Ariko ushatse kumbaza uti haba hari ikibazo muri Congo gihangayikishijs u Rwanda? Ko u Rwanda rushobora gukora igishoboka cyose mu kwirinda? Aho navuga nti ijana ku ijana.”

Umunyamakuru yakomeje amubaza niba ikibazo cya Congo kitazateza intambara y’Akarere, yamusubije agira ati: “Simbizi. Sintekereza ko hari umuntu n’umwe ushishikajwe n’intambara, ndetse sintekereza ko Tshisekedi ubwe yaba ashishikajwe n’intambara ahubwo yarabishishikarijwe, abantu bamusanga bakamwizeza ko bazamurwanirira.”

Perezida Kagame yavuze ko umutwe w’iterabwoba wa FDLR ari umwe mu mitwe yitwaje intwaro y’abanyamahanga yagutse ikorera muri RDC, ukaba ari ikibazo gikomeye cyane ku Rwanda.

Uyu mutwe washinzwe mu myaka 25 ishize n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ukomezanya ingengabitekerezo ya Jenoside muri Congo, umugambi ari uwo kugaruka gusoza Jenoside bunamuweho batayirangije ari ko banateza umutekano muke Abatutsi bo muri Congo.

Mu myaka 25 ishize, uwo mutwe wagerageje kenshi kugaba ibitero ku Rwanda byagiye bitwara ubuziba bw’abaturage, kwangiza ibikorwa remezo n’ibindi.

Perezida Kagame yavuze ko bibabaje kuba FDLR yarinjijwe mu Ngabo za Congo (FARDC), anakomoza ku kuba mu Karere u Rwanda ruherereyemo hari n’izindi Guverinoma zishyigikiye uwo mutwe.

Aha ni ho Perezida yashimangiye ko u Rwanda ruzakora ibishoboka byose mu kwirinda, aho yanahamije ko nta muntu n’umwe haba Umuryango Mpuzamahanga cyangwa Loni uzabikorera Abanyarwanda.

Imirwano iheruka gushyamiranya inyeshyamba za M23 n’ingabo za Leta n’abambari bazo barimo FDLR n’abacanshuro mu Mujyi wa Goma, yagize ingaruka zitaziguye ku Rwannda aho ibisasu byaroshywe mu Mujyi wa Rubavu byahitanye abantu 16 abandi barenga 20 barakomereka.

Mu cyumweru gishize, Perezida wa RDC Felix Antoine Tshisekedi yarahiriye kugaba igitero simusiga, gikomeye kandi giteguye neza kuri M23 ashinja kuba agakingirizo k’u Rwanda.

Ibyo yabitangaje mu gihe Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutahura ibihamya ntakuka bigaragaza umugambi mubisha w’icyo gihugu wo kugaba ibitero ku Rwanda.

Ku rundi ruhande, inyeshyamba za M23 zivuga mo zirimo gutegura gushyiraho ubuyobozi bushya mu Mujyi wa Goma ndetse zikaba zikomeje urugamba rwo kubohora ibindi bice birimo Intara ya Kivu y’Amajyepfo na Kinshasa.

Perezida Kagame ku bamugereranya na Putin

Umunyamakuru Larry Madowo yabwiye Perezida Kagame ko hari abamugereranya na Vladmir Putin w’u Burusiya ku bibazo afitanye na Ukraine, aho yafashije inyeshyamba gufata agace ka Donbad mu 2014.

Perezida Kagame yavuze ko adashobora kubuza abantu kuvuga ibyo bashaka kuvuga, agira ati: “Hazabaho inkuru nyinshi,… Nshobora kwitwa icyo ari cyo cyose- ni iki nabikoraho? Ariko ngomba kuba uwo ndi we. Tugomba gukora ibyo dusabwa gukora, tugomba guharanira kurokoka umuraba wose wakwisukiranya ku gihugu cyacu.”

Perezida Kagame yanagarutse ku birego by’uko u Rwanda rucukura amabuye y’agaciro muri RDC, agaragaza ko u Rwanda rwifitiye amabuye y’agaciro, ahubwo ko abungukira kuri ayo mabuye ya Congo kurusha abandi ari Afurika y’Epfo, n’ibihugu by’i Burayi byirirwa bisakuza bishinja u Rwanda.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 4, 2025 February 4, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?