Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda rwamaganye ibihano Amerika yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe James
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda rwamaganye ibihano Amerika yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe James

igire
igire Yanditswe February 21, 2025
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibihano byafatiwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere Gen (Rtd) Kabarebe James, ihamaya ko nta gisobanuro bifite kandi bidafite ishingiro.

Gen (Rtd) Kabarebe yasohotse ku rutonde rumwe na Lawrence Kanyuka, Umuvugizi w’Ihuriro AFC/M23, rwatangajwe n’Ibiro bishinzwe kugenzura umutungo w’Amahanga (Office of Foreign Assets Control/OFAC) bya Minisiteri y’Imari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Olivier J.P Nduhungirehe, yavuze ntawukwiye guhangayikishwa n’ibyo bihano kuko atari bwo bwa mbere USA zifatiye ibihano impirimbanyi ziharanira kwishyira ukwizana.

Ati: “Ntimuhangayike si ubwa mbere Amerika ifatiye ibihano impirimbanyi ziharanira ubwisanzure.”

Itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri ayoboye riragira riti: “Ibihano bya OFAC nta gisobanuro kandi nta n’ishingiro bifite. Iyaba ibihano byakemuraga amakimbirane mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), twari kuba twarabonye amahoro mu Karere mu myaka ibarirwa muri za mirongo ishize.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ikomeza ivuga ko mu myaka itatu ishize, hakurya y’imbibi z’uburengerazuba bw’u Rwanda hagaragaye abarwanyi bakoze ibikorwa by’ubwicanyi batigeze bafatirwa ibihano barimo Ingabo za FARDC zirwanira hamwe n’Ingabo zoherejwe n’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu by’Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC), Ingabo z’u Burundi, umutwe w’iterabwoba wa  FDLR, n’abacanshuro baturutse i Burayi barimo abasaga 300 bahawe inzira mu Rwanda bagasubira muri Romania.

U Rwanda runeka kandi uburyo amahanga yanze kugira icyo akora ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo ahakorwa n’ubwicanyi bushingiye ku moko n’irindi vangura riyobowe na Guverinoma ya RDC, ari na byo byakomeje kwenyegeza imirwano mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

U Rwanda rukomeje gushimangira ko icyo rugamije ari ukurinda imipaka yarwo no gushyira iherezo ridasubirwaho kuri Politiki zimakaza ubuhezanguni bushingiye ku ivanguramoko mu Karere ruherereyemo.

“[…] Iki ni ikibazo cy’umutekano w’Igihugu, kandi ni wo uturaje ishinga. Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kubaho mu mahoro badahangayikishijwe n’ibibazo by’umutekano muke bifite inkomoko mu Burasirazuba bwa RDC.”

U Rwanda rusanga ingamba ziciriritse zirimo no gufata ibihano, bitangira umusanzu na mba bitanga ku gukemura ikibazo cy’umutekano muke no kubaka amahoro n’ituze mu buryo burambye mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Rusanga ingamba n’izo zigize bimwe mu bibangamira urugendo rw’amahoro rwatangijwe n’Abanyafurika ubwabo, bikaba bishobora gutuma n’igihe cyo kubona umuti w’amakimbirane kirushaho kwiyongera.

Umuryango Mpuzamahanga wasabwe gushyigikira utitangiriye itama kandi ukubaka ubuhuza buyobowe n’Afurika, bwongerewe imbaraga n’Inama yahuje Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma b’Umuryango w’Afurika y’Iburasurazuba (EAC) n’Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu by’Afurika y’Amajyepfo (SADC), hamwe n’Umururyango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU).

U Rwanda ruhamya ko iyo ari yo nzira yonyine yizewe yo kugera ku gisubizo cyumvikanyweho, kandi ngo iyo ni yo nzira u Rwanda rwiyemeje gushyigikira.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 21, 2025 February 21, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?