U Rwanda ruri kurega u Bwongereza rusaba indishyi zishobora kurenga miliyoni 50 z’amapawundi (£50m), nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Sir Keir Starmer ahagaritse amasezerano y’abimukira yari yarashyizweho n’ishyaka ry’Aba-Conservateurs hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda.

Sir Keir yasheshe aya masezerano yateganyaga ko abasaba ubuhungiro bakurwa mu Bwongereza bakajyanwa mu Rwanda, aho bari gutuzwa ndetse bakazahabwa amahirwe yo gusaba ubuhungiro—nk’imwe mu ngamba za mbere yafashe amaze gutsinda amatora. Abari kwirukanwa mu Bwongereza bari kubanza kujyanwa muri Hope Hostel, ikigo cyari cyatangaje muri Mata 2024 ko cyiteguye kubakira.
Muri rusange, u Bwongereza bwari bumaze kwishyura u Rwanda miliyoni 290 z’amapawundi (£290m) mbere y’uko ayo masezerano aseswa. None ubu u Rwanda ngo rwatanze “itangazo ryo gutangiza inzira y’ubuhuza (notice of arbitration)” mu Gushyingo 2025.
Iki kirego cy’u Rwanda kiri gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubuhuza (Permanent Court of Arbitration) rufite icyicaro mu Buholandi (Netherlands), u Rwanda rukaba ruhagarariwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa ya Leta, Emmanuel Ugirashebuja.
Amakuru avuga kandi ko Dan Hobbs, umuyobozi w’ishami rishinzwe abimukira n’imipaka muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu gihugu (Home Office), ari we watoranyijwe guhagararira Ubwongereza muri iki kirego kiri mu buhuza, ariko akazaba afite n’ikipe ikuriwe na Ben Juratowitch wo mu biro by’abavoka bya Essex Court Chambers bifite icyicaro i London.
Amasezerano y’u Rwanda yamaganwe n’ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) mu migambi yaryo y’amatora rusange ya 2024, rivuga ko ari igihombo. Bavugaga ko uwo mushinga wari umaze gutwara amamiliyoni y’amapawundi menshi, kandi ko wari gufasha munsi ya 1% y’abasaba ubuhungiro binjira mu Bwongereza.
Umushinga wo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda watangijwe muri Mata 2022, ugamije gukumira abinjira mu Bwongereza binyuze mu nzira zitemewe n’amategeko, uboherezwa mu Rwanda kugira ngo ari ho basuzumirwa ubusabe bwabo bw’ubuhungiro.
Uwo mushinga wagiye uhura n’imbogamizi z’amategeko, hakabaho n’impinduka mu masezerano n’amategeko kugira ngo ube wakwemerwa. Ariko nyuma y’impinduka za politiki mu 2024, ubwo ishyaka ry’Abakozi ryazaga ku buyobozi riyobowe na Sir Keir Starmer, uwo mushinga warahagaritswe burundu mbere y’uko ushyirwa mu bikorwa ku buryo busesuye.
U Rwanda rwagaragaje ko kwakira abimukira biri mu kubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, imwe mu ndangagaciro zikomeye igihugu cyubakiyeho.
