Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda rwifatanyije n’Afurika kwizihiza Umunsi wo kurwanya ruswa
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda rwifatanyije n’Afurika kwizihiza Umunsi wo kurwanya ruswa

igire
igire Yanditswe July 12, 2023
Share
SHARE

U Rwanda rwifatanyije n’Afurika kwizihiza Umunsi wo kurwanya ruswa

Mu gihe Umunsi Nyafurika wahariwe kurwanya ruswa uba taliki ya 11 Nyakanga buri mwaka, uyu munsi taliki 12/07/2023, u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu mu kuwizihiza mu birori byabereye i Kigali byateguwe n’Urwego rw’Umuvunyi ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali.
Ku rwego rw’Afurika, insanganyamatsiko y’uyu mwaka wa 2023 igira iti: ‘Amasezerano y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika yo gukumira no kurwanya ruswa, nyuma y’imyaka 20: ibyagezweho n’ibiteganyijwe’ (AUCPCC 20 Years after: Achievements and Prospects).

U Rwanda rwozihije uyu munsi hasuzumwa ibyagezweho hashingiwe kuri aya masezerano y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika yo gukumira no kurwanya ruswa, nyuma y’imyaka 20 amaze ashyizweho.

Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine, avuga ko u Rwanda nk’Igihugu cyashyize umukono ku masezerano y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe yo gukumira no kurwanya ruswa, rwakoze ibikorwa byinshi hafatwa ingamba nyinshi mu rwego rwo kuyihashya.

Yagize ati: “Kubera ubushake bwa Politiki bwo kurwanya ruswa bwa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Kagame Paul, hashyizweho Inzego zishinzwe gukumira no kurwanya ruswa, hashyirwaho amategeko atandukanye akumira akanahana ruswa n’izindi ngamba zitandukanye”.

Zimwe mu zindi ngamba Umuvunyi Mukuru yagarutseho ni ukuba buri mwaka uru Rwego rutegura rukanakora Icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa  hakangurirwa abaturage uko bakwiye kwirinda ruswa, hakorwa kandi isuzumamikorere ry’Inzego za Leta, iz’abikorera, Sosiyete Sivili ndetse n’Imiryango Mpuzamahanga ikorera mu Rwanda hagamijwe gusesengura niba amategeko n’amabwiriza ariho byubahirizwa.

                                            Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine

Kureba niba buri rwego rwarashyizeho ingamba zihamye zo gukumira no kurwanya ruswa, guhozaho kwigisha abaturage kugira uruhare rukomeye rwo gutanga amakuru ajyanye n’icyaha cya ruswa.

Haza kandi kwakira buri mwaka imitungo y’Abayobozi ndetse n’Abakozi ba Leta bateganywa n’itegeko no gusesengura inkomoko nyakuri y’iyo mitungo no kwakira no gusuzuma buri mwaka inyandiko z’ibaruramari z’imitungo y’Imitwe ya Politiki.

Hashyizweho Komite zo Kurwanya ruswa (Anti-Corruption Committees) mu Nzego za Leta, iz’abikorera, iza Sosiyete Sivili n’Imiryango Mpuzamahanga ikorera mu Rwanda, ubu hamaze gushyirwaho 616;  Ukudasaza kw’icyaha cya ruswa nk’uko biteganywa mu ngingo ya 21 y’Itegeko No54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa na yo ni indi ngamba ikomeye Leta y’u Rwanda yihaye.

Nubwo izo ngamba zashyizweho, ruswa iracyahari, bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Umuvunyi (2020) aho abaturage bemeza ko ruswa ihari mu Rwanda,  nko mu rwego rw’abikorera yari kuri 58%, mu nzego za  Leta kuri 50%.

Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Umuvunyi mu 2020 bugaragaza ko gutanga amakuru kuri ruswa bikiri hasi cyane mu baturage, sosiyete sivile n’abaturage aho abaturage batanga amakuru kuri ruswa bafite ku kigero cya 9.6% ; Sosiyete Sivile ku kigero cya 12.5%, abikorera ni 0%, abakozi ba Leta ni 81.3%.

Ubushakashatsi bwakoreshweje n’Urwego rw’Umuvunyi (2022) ku byuho bya ruswa biri mu Nzego z’ibanze bwagaragaje ko Intege nke mu kugenzura uko imitangire ya serivisi  itangwa ari iya mbere ituma hatangwa ruswa ku kigero cya 48% ku Karere, 45% ku Murenge, 48% ku Kagari  na 38% ku Mudugudu kuko umukozi aba azi neza ko nta nkurikizi mbi bimugiraho.

Imibare igaragaza ko Afurika itakaza buri mwaka amafaranga ajya mu bindi bihugu mu buryo budakurikije amategeko angana na miliyari 88,6 USD ayo angana na 3.7% y’Umusaruro mbumbe w’Afurika yose nk’uko byatangajwe muri raporo y’iterambere ry’ubukungu muri Afurika yo mu 2020.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire July 12, 2023 July 12, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?