Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda rwiteguye kugira uruhare mu kubungabunga amahoro mu Karere- Amb Nduhungirehe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda rwiteguye kugira uruhare mu kubungabunga amahoro mu Karere- Amb Nduhungirehe

igire
igire Yanditswe December 5, 2024
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko u Rwanda rwiteguye kugira uruhare mu kubungabunga amahoro n’umutekano w’Akarere, ariko agaragaza ko hakiri imbogamizi muri iyo nzira.

Yavuze ko izo mbogamizi zirimo ubushake buke bwa politiki ku ruhande rwa DRC nka kimwe mu bikomeje kudindiza inzira y’ibiganiro n’amahoro mu Karere.

Ibi Minisitiri Nduhungirehe yabitangarije i Londres mu Bwongereza mu kiganiro yatangiye mu kigo gishinzwe ububanyi n’amahanga.

Yagize ati “Umutwe wa FDLR ukomeje guteza umutekano muke ku Rwanda kandi bitari gusa kuba uyu mutwe ufashwa bya hafi na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ariko ibi bikanashibuka ku ngengabitekerezo ya Jenoside. Iyi ngengabitekerezo inashimangirwa na Guverinoma ya Kongo ihora ivuga ku gushaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.”

“U Rwanda rero ntiruzemera ko umutekano warwo uhungabanywa mu buryo ubwo aribwo bwose, iyi ninayo mpamvu twashyizeho uburyo bwo kurinda imipaka. U Rwanda rwiteguye kugira uruhare mu gushakira hamwe igisubizo kirambye ku mahoro n’umutekano byo mu Karere.

Yavuze kandi ko u Rwanda rwiteguye no kugaragara mu bikorwa byose bijyana no gushaka uwo muti birimo n’inama zihuza u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’umuhuza w’ibyo biganiro ariwe Angola.

You Might Also Like

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

Umunsi wageze, gutora Papa mushya bigiye gutangira

igire December 5, 2024 December 5, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?