Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Umugabo ugikira Marburg ashobora kuyanduza mu masohoro- MINISANTÉ
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Umugabo ugikira Marburg ashobora kuyanduza mu masohoro- MINISANTÉ

igire
igire Yanditswe November 4, 2024
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTÉ)  igaragaza ko umuntu warwaye virusi ya Marburg ashobora gukira ariko virus ntishire mu mubiri neza ahubwo igakomeza kwihisha  cyane cyane  mu masohoro y’abagabo ndetse no mu mboni z’amaso, mu gihe akoze imibonano mpuzabitsina akaba yayanduza mugenzi we.

Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yasabye abantu kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye n’umuntu uwo ari wese wagaragayeho  Marburg mu gihe atarakira neza kuko iyi virusi ishobora kwihisha  amezi arenga atatu mu masohoro.

Ni mu gihe ku bagore ishobora kuguma mu mashereka ndetse kuri bose ikaba yakomeza kwihisha mu macandwe  n’inkari.

Minisitiri Dr Nsanzimana yasabye  kwirinda gukora imibonano mpuzabitsina n’uwagaragayeho Marburg kugeza akize neza cyangwa bakingira mu rwego rwo kwirinda ibindi byago.

Yagize ati: “Abamaze gukira Marburg bashobora gukomeza kugira iyo virusi yihishe cyane nko masohoro y’abagabo ndetse no mu mboni y’jisho, abakize tubabwira ko batagomba gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye kugeza igihe bya bipimo bya nyuma bigaragaje ko virusi yashizemo burundu.”

Yagaragaje ko abakize bakomeza gukurikiranwa mu byumweru bibiri bikurikirana ndetse bagapimwa ibipimo bibiri ku buryo hagati y’igipimo cya mbere n’icya kabiri hacamo amasaha 72.

Yavuze ko bakomeza gukurikiranira hafi abarwaye kugira ngo hirindwe ibindi byorezo byagaragara.

Minisitiri Dr. Nsanzimana yasabye buri wese kwirinda imibonano mpuzabitsina kugira ngo icyorezo gikumirwe.

Ati: “Nshobora kuba narakize Marburg barambwiye ngo sinzakore iyo mibonano mpuzabitsina idakingiye ariko njye simbyiteho nkaba nashyira undi mu kaga  biba byiza umuntu yimenye akabwira n’abandi. Niba ufite uwo mwashakanye cyangwa inshuti yawe uziko yari aherutse kurwara cyangwa atarakira neza  agashaka kubirengaho ushobora kumubwira uti buretse ubanze ukire neza utaza guteza ikindi cyorezo cyangwa nkaba naguhuhura.”

Nubwo bimeze bityo ariko kuri benshi iyo virusi ikira mu gihe cy’amezi atarenze atatu ariko hari na bamwe ishobora kumara n’umwaka  itarashiramo burundu.

Kuva Marburg yagaragara mu Rwanda mu mpera za Nzeri uyu mwaka imaze guhitana ubuzima bw’abantu  15, abakize ni 49, abakirwaye ni 2 mu gihe abamaze gikingirwa ari 1.700  biganjemo abakora abakora mu birombe ari na ho haba uducurama twinshi twayizanye.

Abakora mu nzego z’ubuvuzi ndetse n’abakora ku mipaka bafite ibyago byinshi byo kwandura.

You Might Also Like

Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

Abapolisi batanze amaraso yo kuzafashisha abarwayi

igire November 4, 2024 November 4, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

UEFA Champions League:PSG isezereye Arsenal isanga Inter ku mukino wa nyuma
SIPORO

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?