Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Mu baturage bacu irimo- RBC ivuga ku ishusho y’indwara yo kutavura kw’amaraso
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Mu baturage bacu irimo- RBC ivuga ku ishusho y’indwara yo kutavura kw’amaraso

igire
igire Yanditswe March 31, 2025
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ishami ry’Indwara zitandura mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, Dr Ntaganda Evariste, yavuze ko mu ikusanyamakuru ry’ibanze ryakozwe basanze hari abaturage benshi bafite indwara yo kutavura kw’amaraso.

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki ya 31 Werurwe 2025, mu Kiganiro Waramutse Rwanda cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda cyagarutse ku ishusho y’indwara yo kutavura kw’amaraso “Hemophilia” mu Rwanda.

Dr Ntaganda Evariste yavuze ko indwara yo kutavura kw’amaraso ishobora gukomoka mu ruhererekane rwo mu miryango, ibaho iyo umuntu hari imisemburo abura mu mubiri.

Yagaragaje ko mu bipimo byafashwe mu bantu bo mu miryango iyifite byagaragaje ko hari abayirwaye.

Yagize ati “Twasanze abaturage bacu benshi bafite indwara batabizi. Twapimye imiryango ibiri y’abantu 16, abagera ku 10 basanzwemo iyi ndwara. Twazengurutse mu gihugu duhura n’aho bari, twagiye mu Majyepfo, twagiye mu Burengerazuba, Kigali n’Uburasirazuba. Twabwiye abafite ibimenyetso kwiyandika.”

Abahanga mu by’ubuvuzi basobanura ko ibimenyetso by’indwara yo kutavura kw’amaraso birimo kuva umwanya munini mu gihe habayeho gukomereka cyangwa gukuka iryinyo ndetse no kubyimba ingingo zimwe na zimwe.

You Might Also Like

Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

Abapolisi batanze amaraso yo kuzafashisha abarwayi

igire April 1, 2025 March 31, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?