Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Urugendo rw’imyaka 30 mu kugabanya ubukene mu baturage
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Urugendo rw’imyaka 30 mu kugabanya ubukene mu baturage

igire
igire Yanditswe February 13, 2024
Share
SHARE

Hari abaturage hirya no hino mu gihugu batanga ubuhamya ko gahunda zinyuranye zagiye zibafasha kwikura ubukene, ni mu gihe ibipimo bigaragaza ko mu myaka 30 ishize, igipimo cy’abakene mu Rwanda cyagabanutseho kimwe cya kabiri.

Mu 2000 abaturage bari munsi y’umurongo w’ubukene bari 60.29%, mu ibarura rusange ryo mu 2022 bari 30.4%.

Mu hahoze ari Gikongoro by’umwihariko agace kitwaga Nshiri, abaturage bahoraga basuhuka kubera inzara, kuri ubu barahinga bakeza bagasagurira n’amasoko.

Mu Murenge wundi nawo wa Busanze, ubukene bwavuzaga ubuhuha, ahereye ku nkunga umuryango we wagiye uhabwa, urugo rwa Anastasie Mukandekezi rwabarirwaga mu ngo zikennye cyane ariko kuri ubu urarusangamo Inka, yashoboye kwisanira inzu ayitera igishahuro, mu nzu imbere hasi atera sima.

Umuco wo kuziga no kuguza ni kimwe mu birimo no gufasha abatuye Umurenge wa Nyarubaka muri Kamonyi, uyu Murenge niwo watangiriyemo gahunda ya VUP muri aka Karere ka Kamonyi.

Ku gicamunsi usanga hari abaturage bicaye mu matsinda y’ubwizigame, ibyiciro byose, abakuze ndetse n’urubyiruko.

Muri iyi myaka 30 u Rwanda rubohowe, inkunga z’ubwoko butandukanye zagiye zihabwa abaturage mu kubafasha kuva mu bukene, Umurenge wa Cyabakamyi muri Nyanza uri mu mirenge yagenewe inkunga itangwa n’umushinga Give directly, buri rugo ruhabwa asaga miliyoni atazishyurwa.

Aba baturage bashimangira ko kuva mu bukene bishingira ku muturage ku giti cye.

Nka Iribagiza Azera wo mu Karere ka Ruhango, ni umuhinzi mworozi ntangarugero ariko kandi Jenoside yakorewe Abatutsi yari yamusize iheruheru.

Mu 2000, abaturage bari munsi y’umurongo w’ubukene bari  60.29%, mu ibarura rusange ryo mu 2022 bari 30.4%,  muri uwo mwaka umutungo w’umuturage wari amadorali 250 mu gihe inyandiko dukesha ikigo cy’ibarurishamibare igaragaza ko mu 2022 umutungo w’umuturage wiyongereye ukagera ku madorali  asagaho gato 1000.

Nubwo hishimirwa intambwe yatewe mu kurwanya ubukene mu myaka 30 ishize, haracyari urugendo kuko imibare igaragaza ko Abanyarwanda 16% bakiri mu  bukene bukabije.

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire February 13, 2024 February 13, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?