Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Uyu mwaka urarangira muri Kigali hageze bisi 100 zitwara abagenzi
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Uyu mwaka urarangira muri Kigali hageze bisi 100 zitwara abagenzi

igire
igire Yanditswe July 26, 2023
Share
SHARE

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest, mu izina rya Minisitiri w’Intebe, yabwiye Inteko rusange ya Sena ko mu ngamba ziteganyijwe zo gukuraho imbogamizi mu gutwara abagenzi no gukumira impanuka zibera mu muhanda, Leta izongera imodoka mu mihanda ikaba yaramaze gutumiza bisi 305, izigera ku 100 zikazaba zageze mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2023.

Minisitiri w
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest

Yabitangaje nyuma y’uko Abasenateri bagaragaje ko hari n’ibinyabiziga bishaje cyane, nyamara bigikomeza gukoreshwa mu muhanda bigateza impanuka nyinshi, ku buryo 80% by’imodoka ziri mu Rwanda zimaze imyaka irenga 15, hakaba harimo n’izijya mu muhanda zitarakorewe igenzura.

Iki kibazo cyabajijwe na Senateri Evode Uwizeyimana, asahaka kumenya aho Guverinoma igeze ikemura ikibazo cy’imodoka zishaje zigitwara abagenzi, kuko nazo ziri mu byagaragaye ko ziteza impanuka.

Minisitiri Nsabimana yasobanuye ko hatumijwe imodoka 305, izigera ku 100 zirimo gukorwa, mu kwezi k’Ukwakira 2023, bisi 40 zikazaba zageze mu Rwanda, naho izisigaye 60 zikahagera mu kwezi k’Ukuboza 2023.

Ati “Muri bisi zatumijwe turizera ko uyu mwaka wa 2023 uzarangira 100 zamaze kugera mu Rwanda, ndetse zikazagabanya ikibazo cy’abagenzi batabona imodoka uko bikwiye”.

Abasenateri bagaragaje impungenge ku modoka nyinshi zishaje ziri mu Rwanda
Abasenateri bagaragaje impungenge ku modoka nyinshi zishaje ziri mu Rwanda

Minisitiri Nsabimana avuga ko impamvu zitabonekera rimwe habanza kubaho igihe cyo kuzitumiza, zigatangira gukorwa kugira ngo ziteranywe nyuma zikoherezwa bigatwara igihe kinini.

Yavuze ko Leta y’u Rwanda yoroheje ibijyanye n’imisoro ku modoka zikoresha amashanyarazi kuko zitangiza ikirere, kugira ngo zigurwe n’abantu benshi.

Leta y’u Rwanda kandi yashyizeho itsinda rijya kwiga no kureba imikoreshereze y’izi modoka zikoresha amashanyarazi, kugira ngo bizorohere abazazikoresha kuzigenzura no kuzitaho.

Sena Irasaba Guverinoma gushyira imbaraga mu bikorwa byo gukumira impanuka, kuko igaragaza ko ibizitera bikurikiranywe umubare w’abahitanwa nazo wagabanuka. Sena igaragaza ko hagati ya 2020 n’Ugushyungo 2022, abagera ku 12,820 bakoze impanuka zo mu mihanda 1,226 bazigwamo.

Ibindi bikorwa Minisitiri Nsabimana yavuze ko Leta izakora mu kugabanya impanuka, ni ugushyiraho ibyuma bikikije inkengero z’imihanda ikunze kuberamo impanuka, gusazura amarangi asizwe mu mihanda atakigaragara neza, no kongera ibyapa bikenewe. Ibyo bikorwa bikazatwara Miliyari 102Frw.

Bisi 100 zitegerejwe zitezweho gukemura ikibazo cy
Bisi 100 zitegerejwe zitezweho gukemura ikibazo cy’ingendo muri Kigali

You Might Also Like

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

Amb. Bizimana yashyikirije Perezida wa Senegal impampuro zo guhagararira u Rwanda

Ibyo wamenya kuri Papa Leon XIV, Umusimbura mushya wa Petero intumwa

Perezida Kagame uri i Paris yakiriwe na Macron w’u Bufaransa

igire July 26, 2023 July 26, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?