Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Women Deliver: Perezida Kagame yasabye abagifite imyumvire ibangamira uburinganire kuyihindura
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Women Deliver: Perezida Kagame yasabye abagifite imyumvire ibangamira uburinganire kuyihindura

igire
igire Yanditswe July 17, 2023
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame ubwo yatangizaga inama mpuzamahanga ku burenganzira bw’abagore, Women Deliver, yavuze ko abantu bakwiye gushyira imbaraga mu guhindura imyumvire mibi ibangamira ihame ry’uburinganire.

Ni inama mpuzamahanga ifite insanganyamatsiko igira iti “Umwanya, ubufatanye n’ibisubizo”.

Gufungura iyi nama ku mugaragaro byitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye barimo n’abakuru b’ibihugu, bya Senegal, Ethiopia ndetse na Hongiriya.

Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Women Deliver Phumzile Mlambo-Ngcuka yashimye abagize uruhare n’abakomeje gushyira imbaraga mu guharanira uburinganire ndetse n’uburenganzira bw’abagore.

Yashimangiye agaciro ko kugira ubufatanye nk’abatuye isi.

“Ubuntu, ndiho kuko uriho, ubufatanye, kuva ubwo duheruka guhura muri 2019, twahuye n’ibibazo byinshi, ni nde watekerezaga ko tuzongera kwicara hamwe nk’uko duteraniye muri iyi nama, byari bigoye kumva ko byabaho, gusa turahari, ntabwo twaheranywe, muri iyi minsi rero tugomba gukora ibisohboka byose tukazana ibitekerezo bizadufasha gukuba kabiri cyangwa se gatatu ibikorwa byacu, tugafatanyiriza hamwe mu guhangana n’ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abagore.”

Mu ijambo rye Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimye kuba iyi nama ibaye ku nshuro ya mbere ku Mugabane wa Afurika ari u Rwanda rwayakiriye, ashima abakomeje gutanga umusanzu wabo mu guharanira uburenganzira bw’abagore.

Yavuze ko nubwo hari byinshi byakozwe mu kugabanya icyuho hagati y’abagabo n’abagore mu birebana n’amahirwe aboneka ndetse n’ibyo bakora, hari inzitizi zikibangamira uburinganire zigomba kwitabwaho.

“Tugomba kwiyemeza gukora ibintu mu buryo bushya kandi mu buryo bwihutirwa, kwiyemeza bidakurikiwe n’ibikorwa ntabwo byatuma tugera ku byo twiyemeje aribyo kubaka ejo hazaza heza, kandi hateye imbere ku bazaza hanyuma yacu, hari byinshi bikenewe gukorwa mu gukuraho imyumvire itariyo kandi ibogama ku bijyanye n’uburinganire, ibyo usanga byarashinze imizi mu nzego zinyuranye haba mu bijyanye n’imibarire, muri politiki cyangwa se mu bukungu, twese dusangiye umukoro wo kugira uruhare rufatika mu guhindura iyo myumvire mibi, mu Rwanda twashyizeho uburyo bwose butuma abagore bahagararirwa mu nzego z’ubuyobozi,muri politiki no mu byiciro byose, icyo dushyize imbere ni uguteza imbere uburinganire mu nzego zose haba mu ikoranabuhanga, kugera ku mari no gukomeza gukuraho ibikibangamiye uburinganire.”

Umukuru w’Igihugu yavuze kandi ko bimwe mu byo u Rwanda rukora, ari ukwita ku buringanire mu gihe hategurwa ingengo y’imari, no kwigisha abagize umuryango gufatanya inshingano zo kwita ku bana ndetse no gukumira ihohoterwa rikorerwa mu ngo.

www.igire.rw

AMAFOTO MEZA CYANE YARANZE UMUNSI   

You Might Also Like

MINUBUMWE yasabye abagororwa b’abagore bagiye kurangiza ibihano ku byaha bya Jenoside kurangwa n’ubumwe

Perezida Kagame yerekanye inkingi 3 Afurika yakubakiraho ikagira umutekano usesuye/AMAFOTO

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

igire July 18, 2023 July 17, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame yakiriye ba ambasaderi 11 guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?