Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Zabyaye Amahari FARDC yasabye abasirikare bayo gucana umubano na FDLR
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Zabyaye Amahari FARDC yasabye abasirikare bayo gucana umubano na FDLR

igire
igire Yanditswe November 22, 2023
Share
SHARE

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyakumiriye abasirikare bacyo kongera kugirana umubano uwo ari wo wose n’umutwe wa FDLR.

FARDC yahaye abasirikare bayo ubu butumwa binyuze mu itangazo ryasohowe n’Umuvugizi wayo, Général-Major Sylvain Ekenge.

Muri iri tangazo Ekenge yavuze ko “Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiramenyesha abasirikare bose ku rwego rwose bariho ikumirwa rikabije ryo gutangiza cyangwa gukomeza kugira aho ari ho hose bahurira na FDLR.”

Ekenge yunzemo ko umusirikare uwo ari we wese uzarenga ku mabwiriza yashyizweho “azatabwa muri yombi ndetse anumve igitsure cy’itegeko.”

FARDC yari imaze igihe ifatanya na FDLR mu rugamba rwo kurwanya umutwe wa M23.

Congo Kinshasa yafashe icyemezo cyo guca umubano n’uriya mutwe nyuma y’ibiganiro Umukuru w’Ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Avril Haines aheruka kugirana na ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku Cyumweru tariki ya 19 Ugushyingo ni bwo Haines n’intumwa yari ayoboye bakiriwe muri Village Urugwiro na Perezida Paul Kagame.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku rubuga rwa X byavuze ko “bagiranye ibiganiro byubaka byibanze ku buryo bwo gucubya umwuka mubi no gukemura umuzi w’ikibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa RDC.”

Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko uruzinduko rwa Haines i Kigali n’i Kinshasa rwasize ba Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye “gufata ingamba zihariye zo kugabanya impungenge z’umutekano ziri hagati y’ibihugu byombi.”

Ingamba ibihugu byombi byiyemeje gufata zifite aho zihuriye n’ibyemezo byafatiwe mu biganiro bya Nairobi na Luanda byari bigamije gucubya umwuka mubi umaze umwaka urenga hagati ya Kigali na Kinshasa.

Amerika ivuga ko yakirije yombi ingamba zafashwe na RDC ndetse n’u Rwanda, ndetse ikanavuga ko yiteguye gushyigikira ibiganiro byo mu rwego rwa dipolomasi ndetse n’ubutasi bw’ibihugu byombi mu rwego rwo guteza imbere umutekano ndetse n’ubukire by’Abanyarwanda n’abanye-Congo.

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire November 23, 2023 November 22, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?