Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Impunzi z’Abanyekongo zashyikirije Ambasade ziri mu Rwanda ibyifuzo byazo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Impunzi z’Abanyekongo zashyikirije Ambasade ziri mu Rwanda ibyifuzo byazo

igire
igire Yanditswe January 24, 2023
Share
SHARE

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zitandukanye mu Rwanda, ku wa Mbere tariki 23 Mutarama 2023, zazindukiye kuri za Ambasade zikorera mu Rwanda zitwaje ubutumwa bukubiyemo ibibazo zifite, zisaba amahanga kugira icyo abikoraho.

Bari bitwaje ubutumwa busaba amahanga kubavuganira
Bari bitwaje ubutumwa busaba amahanga kubavuganira

Nsengiyera John ni impunzi iba mu nkambi ya Kigeme mu Ntara y’Amajyepfo, avuga ko iki gikorwa bateguye cyo gushyikiriza Ambasade ibibazo bafite, bagamije gusaba ubuvugizi kugira ngo abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo RDC babakemurire ikibazo bave mu buzima bw’ubuhunzi.

Nsengiyera avuga ko inyandiko bashyikirije Ambasade zirimo ibintu bitatu by’ingenzi, icya mbere ni amateka y’ikibazo cy’izi mpunzi zivuga ururimi rw’Ikinyarwanda, aho cyaturutse kuva kera, icya kabiri ni aho kigeze, icya gatatu ni ibyo izi mpunzi zisaba umuryango mpuzamahanga, ko wabafasha gusubira mu gihugu cyabo.

Ati “Mu by’ukuri tumaze imyaka 28 turi impunzi, icyatumye duhunga gikomeje kudukorera ibikorwa by’itotezwa no kutwica, ikindi ni uko iyo myaka yose tumaze hano mu Rwanda tutigeze tubona Leta ya Congo iza kutureba ndetse ngo inaducyure, ahubwo bavuga ko turi impunzi z’Abanyarwanda bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda. Uko kutwambura ubwenegihugu bwacu ntitubishaka”.

Yongeraho ko ibibazo byabo bitarangira Leta ya RDC n’umuryango mpuzamahanga batabigizemo uruhare.

Nsengiyera avuga ko ibibazo byabo byakomeye cyane kuva Abanyarwanda basize bakoze Jenoside mu Rwanda bahungiye muri RDC, bajyanye icengezamatwara mu benegihugu basanze, batangira kwica Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ikindi kibazo izi mpunzi zifite ni uko umuryango mpuzamahanga nta gitutu urimo gushyira kuri RDC, ngo yubahirize uburenganzira bwabo.

Turenge Biriko Prosper we avuga ko baje kuri za Ambasade kubera ubuzima bubi bw’akababaro babayemo bw’ubuhunzi, kandi bafite igihugu cyabo.

Turenge asanga abavuga ko atari Abakongomani ari abashimangira ingengabitekerezo ya FRDL, yo kwanga Abatutsi kugira ngo babatsembe bashireho burundu.

Bageze kuri Ambasade zinyuranye
Bageze kuri Ambasade zinyuranye

Bimwe mu bikorwa bibi bikorerwa Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda harimo kubica, gufata ku ngufu abakobwa n’abagore ndetse no gusahura imitungo yabo.

Ati “Ndasaba umuryango mpuzamahanga n’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, gusaba Leta ya Congo ikaduha agaciro nk’abenegihugu bayo, aho kutwirukana mu gihugu cyacu ahubwo bakagituzamo FDRL yasize ikoze Jenoside mu Rwanda, ikaba ikomeje natwe kutwicira imiryango”.

Maniragaba Bosco yaturutse mu nkambi ya Nyabiheke mu kare ka Gatsibo, avuga ko mu kwezi k’Ukuboza muri 2022 bakoze urugendo rw’amahoro rwo kwamagana ubwicanyi bukorerwa abavuga ururimi rw’Ikinyarwanda muri RDC, babona ntacyakozwe.

Ubu rero bakaba bongeye kwegera za Ambasade kugira ngo babagaragarize akababaro bafite no kugira ngo babagezeho ibyifuzo byabo, babafashe gushyira igitutu kuri RDC ibareke basubire mu byabo bave mu buhinzi.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire January 24, 2023 January 24, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

U Rwanda rurakira Inama Nyafurika yiga ku Ikoranabuhanga mu Buhinzi
ubuhinzi

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?