Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Ibirindiro byose bya M23 biri kuraswaho n’indege za FARDC
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Ibirindiro byose bya M23 biri kuraswaho n’indege za FARDC

igire
igire Yanditswe December 28, 2023
Share
SHARE

Imirwano yakomeje mu burasirazuba bwa Congo, aho umutwe wa M23 uvuga ko ingabo za Leta ya Congo ziri kurasa ku birindiro byawo byose.

Mu butumwa umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka yanyujije ku rubuga rwa X, yatangaje ko guhera saa saba z’uyu munsi tariki 28/12/2023, ingabo za Congo (FARDC), FDLR, Wazalendo, n’ingabo z’Uburundi bagabye ibitero mu turere dutuwe cyane muri Karuba na Mushaki, ndetse no mu nkengero zaho.

Uretse kuba FARDC yakoresheje indege muri iyi mirwano irasa ibirindiro bya M23, barashe n’ibisasu biremereye bakoresheje imbunda, ku birindiro byose by’uyu mutwe wa M23.

Umuvugizi wa M23 akomeza avuga ko raporo y’agateganyo y’ibyangiritse ari: Abasivile 4 bakomeretse bikabije, amazu n’amaduka yasenyutse, abaturage benshi bahunze, hakaba n’abandi baburiwe irengero.

Abitangaje nyuma y’uko Perezida wa M23 Bertrand Bisiimwa yari yabanje gutangaza ko ingabo za Congo ziri kurasa ibitaro amashuri n’insengero.

imirwano yahereye mu gitondo muri groupement ya MUFUNI MATANDA, agakomeza avuga ko imirwano yabereye ku Ihumure ku mashuri y’abadive, abaturage ba Rubaya bakaba batangiye guhunga.

 

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire December 31, 2023 December 28, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

U Rwanda rurakira Inama Nyafurika yiga ku Ikoranabuhanga mu Buhinzi
ubuhinzi

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?