Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: MINANI Hemed yagaragaje ko abayovu bashyiriweho Akanyenyeri k’ijana Anatanga ubutumnwa bujyanye no Kwibuka ku nshuro ya 30
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Imikino

MINANI Hemed yagaragaje ko abayovu bashyiriweho Akanyenyeri k’ijana Anatanga ubutumnwa bujyanye no Kwibuka ku nshuro ya 30

igire
igire Yanditswe April 2, 2024
Share
SHARE

Nyuma y’umukino Kiyovu Sport yakiriye ikanatsindamo Musanze FC ibitego bitatu k’uri kimwe(3-1)

Abakunzi b’iyi kipe bashimiye umukinnyi wabo NZEYURWANDA Djihad wari wujuje imikino 110 amaze akinira iyi kipe.

Umuyobozi wa abafana ba kiyovu Sport MINANI Hemed yavuze ko ibihe Kiyovu irimo bashingiye kubakinnyi bafite birashoboka ko bishoboka ko bazabivamo ndetse bakaba bashobora kongera guhatanira igikombe mu mwaka utaha.

Akomeza avuga ko ikibazo gikomeye kiyovu yagize gishingiye ku amafaranga ariyo mpamvu Abayovu bashyiriweho uburyo bwa akanyenyeri kiswe”Akanyenyeri ka Ijana” nk’uburyo bwo gutuma abafana batunga ikipe yabo batarindiriye ko ikipe itungwa abakire

Akomeza avuga ko umuntu wemerewe kwitabira inama y’inteko rusange ya Kiyovu Sport bisaba byibuze kuba atanga ibihumbi makumyabiri buri kwezi

Naho abatanga hagati y’ibihumbi bitanu n’icumi bo ntibaba bemerewe

Abajijwe ku kijyanye n’uburyo umukunzi wa kiyovu watanze amafaranga yizera neza ko amafaranga yatanze yagiye mu mufuka w’ikipe MINANI Hemed yavuze ko

Iyo umukunzi wa kiyovu atanze umusanzu we abona ko aho ugiye ari kuri konti (compte) ya Kiyovu Sport kandi ko aramutse ashaka ko bamuha inyemezabwishyu yajya ku kicaro cy’iyi kipe bakayimuha

Avuga ko muri Kiyovu Sport ubu amafaranga yinjiye na ayasohotse yose hari uburyo bwo kubimurikira banyirabyo nk’uburyo bwo kugenzura uko akoreshwa

Ageze kucyo asaba abakunzi ba Siporo muri rusange ku bijyanye no kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi yasabye abantu kwirinda amagambo hamwe n’ibikorwa bipfobya Jenoside ndetse anabasaba ko bagomba kwitwara neza muri iki gihe cy’iminsi 100 kandi ko abakunzi ba Siporo bagomba kuba abambere mu gufasha abantu bakinangiye ku gutanga amakuru ajyanye nahakiri imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro ko batanga amakuru aho bikenewe

Akomeza avuga ko abakunzi ba siporo batabona amakuru ya Christiano Ronaldo ngo ubure amakuru y’i Gicumbi

Ati”ni gute wabona amakuru ya Cristiano ukayoberwa amakuru ya i Gicumbi,ni gute wabona amakuru ya Messi ukayoiberwa amakuru y’ibyabereye i Muhanga cyangwa i Rwamagana.

Dusahakishe amakuru dufashanye twese kuko nta kintu kiruhura uwacitse ku icumu nko kugira amahirwe akabona umubiri w’umuvandimwe akabona umwenda umwereka uti niwe sinibeshye tukamuherekeza akamushyingura”

AMAFOTO :

You Might Also Like

BAL2025: APR BBC yabonye intsinzi ya kabiri

BAL 2025: APR BBC yatsinze Nairobi City Thunder imbere ya Perezida Kagame (Amafoto)

Perezida Kagame yanenze abikoreza u Rwanda inshingano zitubahirizwa muri RDC

Perezida KAGAME yashyizeho umuyobozi wa RDB

MINEDUC yasubukuye gahunda yo gusura abanyeshuri yasubitswe kubera Marburg

igire April 2, 2024 April 2, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

IMPANURO:Maj Gen Nyakarundi yahaye impanuro inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiye kujya i Cabo Delgado
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?