Ku nshuro yambere mu mateka Amavubi yegukanye igikombe gitegurwa na FIFA

igire

 

Amavubi yegukanye FIFA Series 2026
                                                             Amavubi yegukanye FIFA SERIES  2026

Kuri uyu 30 werurwe 2026 Ikipe y’igihugu y’U Rwanda  Amavubi yegukanye  igikombe cya FIFA Series 2026 ni nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu ya Estonia ibitego bibiri ku busa aho U Rwanda rwari mu itsinda  A ryakiniraga kuri Stade Amahoro .Ni umukino  wari wanitabiriwe n’Umukuru w’igihugu Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ,aho kandi iyi stade yari yakubise yuzuye abafana  baturutse  mu mihanda yose y’igihugu ndetse ibi byanafashije Amavubi kwitwara neza muri uyu mukino ahanini bagendeye  kuburyo abafana babafanaga n’umurindi mwinshi.

 

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yakurikiranye uyu mukino
                                          Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yakurikiranye uyu mukino

Uyu umukino watangiye equipe y’igihugu cya Estonia  ubona ihanahana neza umupira inyuma no hagati ariko ntibiyoroheye kugera imbere y’izamu rya Kwizera Olivier kuko ku ruhande rw’ubwugarizi bwa Amavubi bwari buhagaze bwuma .Ikipe y’igihugu y’U Rwanda amavubi yaje kugenda izamura urwego rwayo mu mikinire nayo ihanahana neza  binyuze nko kuri Kapiteni wayo Djihad  Bizimana ,Kwizera Jojea ,Leroy Jacques Mickels na Joy Lance Mickels.Amavubi yaje gutsina igitego cya mbere ku munota wa 30 w’igice  cya mbere gitsinzwe na Biramahire Abeddy ku mupira mwiza yarahawe neza na Leroy Jacques Mickels  imbere y’izamu rya Estonia maze Biramahire Abeddy ahita awutera mu izamu umunyezamu wa Estonia Kaur  KIVILA ntiyamenya uko bigenze .

Biramahire Abeddy watsinze igitego cya mbere cy'Amavubi
                                               Biramahire Abeddy watsinze igitego cya mbere cy’Amavubi

Ikipe y’igihugu ya Estonia nayo yahise ikanguka ishakisha igitego ariko ba myugariro b’Amavubi barimo Mutsinzi Ange na Kavita Phanuel ndetse n’umunyezamu Kwizera Olivier bakomeza kubabera ibamba ndetse igice cya mbere cyirangira gutyo,Mugice cya kabiri Amavubi yagarutse agaragaza imbaraga zo gushaka ibindi bitego cyane binyuze kuri  Leroy Jacques Mickels  wageragezaga guhanahana imipira n’abasore barimo mukuru we Joy Lance Mickels   Kwizera Jojea na Biramahire Abeddy ariko rimwe narimwe bagatakaza imipira ntibabashe kubona ikindi gitego

Ku munota wa mirongitanu w’igice cya kabiri cy’umukino nibwo  Leroy Jacques  Mickels  yaje gutsinda igitego  cya  kabiri ku  mupira mwiza yarahawe na  Bizimana Djihad.

Leroy Jacques Mickels watsinze igitego cya kabiri cy'Amavubi
                                          Leroy Jacques Mickels watsinze igitego cya kabiri cy’Amavubi

Umutoza Stephen Constantine  yaje gukora impinduka  mu kibuga  mubihe bitandukanye   maze abakinnyi nka Bizimana Djihad , Mutsinzi Ange  Leroy Jacques Mickels na Joy Lance Mickels   Jojea Kwizera,Phanuel Kavita na Biramahire Abeddy bavamo  hajyamo Byiringiro Lague,Hakim Sahabo ,Manzi Thierry   ,Mugisha Gilbert ,Joy Slayd Mickels    Steven Kalisa na Nshimiyimana Yunusu  ariko umukino uzakurangira ari ibitego bibiri kubusa bwa Estonia bituma Amavubi mu mateka yayo yegukana bwambere igikombe gitegurwa n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi FIFA .

Abafana bari buzuye Stade bafana Amavubi muburyo budasanzwe
                                              Abafana bari buzuye Stade bafana Amavubi muburyo budasanzwe

 

Abakinnyi b'amavubi bahawe n'imidari y'ishimwe
                                                  Abakinnyi b’amavubi bahawe n’imidari y’ishimwe

 

Ibuye ryanzwe niryo ryakomeje imfuruka Kwizera Olivier mumikino ibiri ntagitego yinjijwe
Ibuye abubatsi banze  niryo ryakomeje imfuruka, Kwizera Olivier mu mikino ibiri ntagitego yinjijwe

Muri iritsinda kandi ikipe y’igihugu ya Kenya yatsinze Grenada ibitego bibiri ku busa  ni umukino wari wabanjirije uwa Amavubi na Estonia kuko wo watangiye saa 16h00  naho uwa Amavubi na Estonia ugatangira sa moya n’igice

Yanditswe na BIGENIMANA Didier

 

 

 

 

Share This Article