Yanditswe na Bigenimana Didier

Ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yabaye iya kabiri mu mateka yegukanye igikombe cya UEFA Champions League inshuro ebyiri zikurikiranya, nyuma yo gutsinda Arsenal kuri penaliti mu mukino wa nyuma wabereye i Budapest kuri uyu wa Gatandatu.
Myugariro wa Arsenal, Gabriel Magalhães, yahushije penaliti ya nyuma ayohereza hejuru y’izamu, bituma PSG itsinda penaliti 4-3 nyuma y’uko iminota 120 y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya 1-1.

Ku ruhande rwa Arsenal, nubwo yasoje imyaka 22 itegereje kongera kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) muri uyu mwaka, yari nagitegereje kwegukana igikombe cyayo cya mbere cy’i Burayi.
Nk’uko byagenze mu mukino wa nyuma rukumbi yari yaragezemo mbere, imyaka 20 ishize, Arsenal yafunguye amazamu hakiri kare. Kapiteni wa PSG, Marquinhos, yagerageje gukuraho umupira ariko usanga Leandro Trossard wa Arsenal, uhita ujya kwa Kai Havertz. Havertz yahise yihuta ava hafi y’umurongo wo hagati, yinjira mu rubuga rw’amahina maze atera ishoti rikomeye ku nguni ntoya, umupira ujya mu rushundura maze Arsenal ibona igitego cya yo cya mbere .

Nk’uko byagenze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League yakinnye na Barcelona mu mwaka wa 2006 aho yatsinzwe na FC Barcelona ibitego 2-1 , Arsenal yongeye gutsindwa ku mukino wanyuma kandi yari ifite amahirwe nyuma yokurushwa cyane na Paris Saint Germain mu gice cya kabiri cy’umukino.
Nyuma yo kubuza PSG kubona uburyo bwinshi bwo gutsinda mu gihe cy’isaha hafi yose, ubwugarizi bwa Arsenal bwaje gukora amakosa myugariro Cristhian Mosquera akorera ikosa kuri Khvicha Kvaratskhelia mu rubuga rw’amahina.
Nyuma yo kugenzurwa na VAR no gutegereza igihe kirekire, umusifuzi yaje kwemezako habayeho ikosa atanga penaliti maze Ousmane Dembélé yayitera neza , ayohereza mu izamu mu gihe umunyezamu David Raya ntiyamenye aho umupira unyuze, bituma PSG inganya igitego 1-1.


PSG yinjiye mu mateka yegukana igikombe cya UEFA Champions League inshuro ebyiri zikurikiranya, isanga Real Madrid, yari yarabigezeho itsinda ibikombe bitatu bikurikirana hagati ya 2016 na 2018.
Ni amakipe yonyine yabashije kurinda iki gikombe kuva irushanwa ryahindurirwa izina rikaba UEFA Champions League mu 1992.
Uyu mukino wanyuma wo kuri uyu wa Gatandatu niwo wa mbere ukinwe ukageza ku kwitabaza penaliti kuva mu 2016, ubwo Real Madrid yatsindaga Atlético Madrid kuri penaliti ikegukana igikombe cya mbere muri bitatu yegukanye yikurikiranya.
Paris Saint Germain yabaye ikipe ya 10 mu mateka y’Igikombe cy’u Burayi (European Cup), cyatangiye mu 1955, yegukanye igikombe inshuro ebyiri zikurikiranya.
