Nyuma y’amasasu menshi yumvikanye mu ijoro ryakeye, abaturage bari bihebye ariko ngo n’ubwo bitoroshye kubw’umubano uri hagati ya Congo n’u Rwanda, mu Rwanda niho baboneraga ubuhungiro.
Ku bw’amasasu y’urufaya y’imbunda nini n’intoya yumvikanye mu mujyi wa goma mu gihugu cya congo mu mirwano yabaye hagati y’ingabo z’igihugu cya congo FRDC na Wazalendo, imirwano yahahamuye abaturage baho.
Dore ko hari nabari batangiye kuzinga iby’ibanze batekereza ko byanga bikunda barahungira mu mujyi wa Gisenyi mu Rwanda,nk’uko umuturage waganiriye na UMUSEKE yabitangaje.
Ni imirwano yabaye ubwo abaturage bari bafite ubwoba bwinshi, aho ngo bari Bazi ko Ari M23 ibagezemo, ariko nyuma baza gusanga ari FARDC yari ihanganye na Wazalendo. Abo baturage basaba ubuyobozi kubarindira umutekano uko bashoboye kose.
Sign Up For Daily Newsletter
Be keep up! Get the latest breaking news delivered straight to your inbox.
[mc4wp_form]
By signing up, you agree to our Terms of Use and acknowledge the data practices in our Privacy Policy. You may unsubscribe at any time.