Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abanyeshuri 202,999 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Uburezi

Abanyeshuri 202,999 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

igire
igire Yanditswe July 8, 2024
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nyakanga 2024 Abanyeshuri basaga 202.000 biga mu mashuri abanza batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza hose mu Gihugu.

Abanyeshuri batangiye ibizamini bisoza amashuri abanza

Abanyeshuri batangiye ibizamini bisoza amashuri abanza

Ku rwego rw’Igihugu, ibi bizamini byatangijwe na Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu, muri GS Gisozi I mu Karere ka Gasabo.

Ubwo yatangizaga ibizamini bisoza amashuri abanza, Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu, yasabye ababyeyi korohereza abana kujya basubiramo amasomo yabo no kugerera ku bigo bakoreraho ibizamini ku gihe.

Ati “Icyo dusaba ababyeyi ni ukuba hafi y’abana bakabaha umwanya wo gusubiramo amasomo yabo nabo bakabafasha kugira ngo bakore neza, abanyeshuri nabo bagomba kutarangara bakiyibutsa ibyo bize”.

Abanyeshuri bose bazakora ibizamini bisoza amashuri abanza ni 202,999 barimo abahungu 91,189 n’abakobwa 111,810.

Ibi bizamini bizakorerwa kuri centre 1,118 ziri hirya no hino mu Gihugu, bikazagenzurwa n’abarimu 12,302.

Minisitiri Twagirayezu atangiza ibizamini bya Leta

Minisitiri Twagirayezu atangiza ibizamini bya Leta

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, NESA, cyateguye uburyo ibizamini bizakorwa ku buryo abana bazindukiye mu bizamini nta kibazo gihari.

Mbere y’uko ibi bizamini bitangira NESA yabanje kugenzura uko byiteguwe ndetse n’Abarimu bagenzura ibi bizamini bisoza amashuri abanza na bo bari bageze ku bigo bakoreraho.

NESA ivuga ko uyu mwaka w’amashuri wagenze neza kandi ko bakoresheje imbaraga zihagije mu kwigisha abana uko bikwiye ndetse bahawe amabwiriza y’uko bagomba kwitwara no gukora muri ibi bizamini.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, Dr. Bernard Bahati, yasabye abanyeshuri gushira ubwoba bakinjira mu bizamini nta gihunga kandi bagasubiza neza.

You Might Also Like

Maj Gen Vincent Nyakarundi yitabiriye Inama y’ingabo zirwanira ku butaka muri Afurika

CHORARE DE KIGALI : BARIMO GUTEGURA IGITARAMO CYAMATEKA.

Musanze: Ababyeyi bishimira ko abana babo basigaye bakorera ibizamini bya Leta hafi

Umuyobozi Mukuru wa REB Dr Mbarushimana yasabye abanyeshuri kwirinda gukopera

Madamu Jeannette Kagame yashishikarije abakobwa kwiga amasomo ya siyansi n’ay’ubumenyingiro

igire July 8, 2024 July 8, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?