Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abaturage ba Congo barifuza amahoro – Joseph Kabila
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Abaturage ba Congo barifuza amahoro – Joseph Kabila

igire
igire Yanditswe March 19, 2025
Share
SHARE

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), aravuga ko abaturage ba Congo biteguye gushakira amahoro arambye igihugu cyabo.

Joseph Kabila yaherukaga mu biganiro by'amahoro i Sun City mu 2002

Joseph Kabila yaherukaga mu biganiro by’amahoro i Sun City mu 2002

Kabila avuga ko amaze iminsi aganira n’abafatanyabikorwa batandukanye imbere mu gihugu, kandi ngo bose barifuza gushyira hamwe bagashakira igihugu amahoro.

Aganira na SABC News, Joseph Kabila yavuze no ku kibazo cya M23 yanze kujya mu biganiro by’amahoro, avuga ko hakenewe ibiganiro hagati y’abanyagihugu kugira ngo ibibazo bibangamiye abaturage n’ubumwe bwabo bishakirwe umuti urambye.

Kabila ku wa Kabiri 18 Werurwe 2025, yabonanye na Thabo Mbeki wigeze kuyobora Afurika y’Epfo, baganira ku bibazo biri muri Congo.

Kabila ati “Twiteguye gushakisha amahoro kandi ni byo turimo gukora, ibi ni byo dushyize imbere kandi ni na yo ntego yacu kuva mu myaka 22 ishize, ubwo twahuriraga hano muri Sun City. Ni nacyo tugiharanira uyu munsi, gukora uko dushoboye tugaharanira amahoro mu bushobozi bwose.”

Joseph Kabila yaherukaga mu biganiro by’amahoro bya Sun City muri Afurika y’Epfo mu 2002.

Kabila yahamagariye abaturage ba Congo kurekeraho kwishyiramo ibindi bihugu, bavuga ko ari byo bibateza ibibazo. Yavuze ko ibibazo biri muri Congo ari iby’imbere mu gihugu kandi ko abanyagihugu ari bo bireba mbere na mbere.

Yanashimye icyemezo cya SADC cyo kuvana ingabo zayo muri RDC.

Kabila ati “Congo ntishobora gukomeza kwigira umwana murizi mu karere, ivuga ko ari igihugu kidashoboye n’ukuntu ibindi bihugu ngo ari byo bikomeye. Ku bwanjye, iyi si yo mikorere ihwitse, ariko nk’Umunyekongo ikinshishikaje kandi gishishikaje Abanyekongo, ni ugushaka uko twikemurira ibibazo byacu ubwacu”

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire March 19, 2025 March 19, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?