Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abatuye Nyamagabe barashima Perezida Kagame kubera uruganda rwa Gitare Meels
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Abatuye Nyamagabe barashima Perezida Kagame kubera uruganda rwa Gitare Meels

igire
igire Yanditswe January 30, 2023
Share
SHARE

Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe, barashimira Perezida Paul Kagame ku muhate yashyize mu bayobozi kugira ngo uruganda rwari rumaze imyaka isaga itandatu rutunganya ingano rudakora rwongere gukora.

Iyi yari inshuro ya kabiri umukuru w’igihugu Paul Kagame agaruka ku kibazo cy’uruganda rwa Gitare Meels rutunganya ingano ruherereye mu Gasarenda mu murenge wa Tare ho mu karere ka Nyamagabe, yongeye kubaza abayobozi icyabuze ngo uru ruganda rukore.

Mu myaka isaga itandatu uru ruganda rudakora, abaturage ngo byabagushije mu gihombo cyo kubura isoko ry’umusaruro w’ingabo, ibintu ngo byakomye mu nkokora iterambere ryabo.

Mu masaha ya mugitondo imiryanyo y’uru ruganda yari ifunze kuko rwasakumye umusaruro w’ingano rutunganya mu gihe kitageze ku kwezi.

Ni ibyishimo ku baturage kuko ubu bagiye guhinga iki gihingwa kinyamwuga dore ko n’igiciro cyazo cyazamutse, ibi bakaba babishimira umukuru w’igihugu.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeri Hildebrand avuga ko hari imirenge igiye gushyirwamo imbaraga kugira ngo bongere ubutaha bw’igihingwa cy’ingano.

Uruganda rwa Gitare Meels rufite ubushobozi bwo gutunganya Toni z’ingano zisaga 110 buri munsi, ni ingano zihingwa cyane cyane mu mirenge yo mu misozi miremire y’uturere twa Nyaruguru na Nyamagabe

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire January 30, 2023 January 30, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?