Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Abivuza indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina mu Rwanda bariyongereye
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
ubuzima

Abivuza indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina mu Rwanda bariyongereye

igire
igire Yanditswe November 1, 2023
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) bwavuze ko muri uyu mwaka wa 2023 umubare w’abibuva indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina wiyongereye ukagera kuri 5.3% uvuye kuri 4.2% mu mwaka wa 2022.

Iyo mibare yakusanyijwe hagendewe ku makuru yakusanyijwe mu mavuriro atandukanye mu gihugu, ariko ngo ntibivuze ko abanduye izo ndwara biyongereye ahubwo ngo ni uko abantu bazisanganywe bakomeje kwitabira serivisi z’ubuvuzi.

Dr. Charles Berabose, umukozi w’Ishami rishinzwe kurwanya indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina n’izindi zandurira mu maraso muri RBC, yabwiye itangazamakuru ko ubwiyongere bw’abitabira kwivuza izo ndwara bushinbiye ku bukangurambaga bukorwa mu gihugu.

Mu ndwara zandurira mu mibonano abantu baje kwivuza cyane harimo iyitwa Tirikomonasi (Trichomonas vaginalis), imitezi (gonorrhoea), mburugu na chlamydia.

Abaje kwisuzumisha no kwivuza muri uyu mwaka baba bari hagati y’imyaka 20 na 45, igihe umubiri w’umuntu uba ukora cyane mu birebana n’imibonano mpuzabitsina.

Dr Berabose yashimangiye ko uwo ari umusaruro w’ubukangurambaga bukomeje gukorwa n’abakora mu nzego z’ubuzima binyuze mu itangazamakuru nka televiziyo na radiyo, bugamije kongerera abaturage bubumenyi ku ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Nanone kandi, bivugwa ko hari amahugurwa akomeje kugenerwa abakora mu Nzego z’ubuzima hagamijwe kubongerera ubumenyi mu birebana no gusuzuma no kuvura izo ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Yasabye abaturage kudatezuka ku ngamba zo kwirinda harimo kwisiramuza ku b’igitsina gabo, kwirinda imibonano mpuzabitsina idakingiye no gusangira ibikoresho bikeba nk’inzembe n’ibindi, cyangwa kwambarana utwenda tw’imbere.

Ati: “Nanone kandi dusaba abagore batwite kwisuzumisha indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina kubera ko serivisi nyinshi mu zo bahabwa ziba ari ubuntu, kugira ngo babe bavurwa cyangwa bahabwe ubuvuzi bugamije kurinda abo batwite.”

Dr Kamwesiga Julius, Umuyobozi ushinzwe Ubuvuzi mu Muryango wita ku buzima, Aids HealthCare Foundation (AHF Rwanda), yavuze ko hakwiye gushyirwaho uburyo buhoraho bwo gukurikirana uko indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zihagaze mu baturage kubera ko zisiga icyasha gishobora gutuma bamwe badatinyuka kujya kuzisuzumisha no kuzivuza.

Yasabye ko hakorwa ishoramari ryisumbuye muri serivisi zo kuvura no gusuzuma indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina kugira ngo abaganga bajye babona laboratwari zigezweho kandi zihagije zisuzumirwamo ibizamini mu buryo bwa kinyamwuga aho kwibanda gusa ku gusuzumira umuntu ku bimenyetso bagaragaza.

Dr. Mireille Uwineza, umuganga w’impuguke mu kuvura indwara z’abagore, yabwiye The New Times ko indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ntaho zagiye ndetse bakwoye kwitwararika mu kuzirinda.

Ati: “Igira ingaruka zikomeye harimo n’ubugumba cyangwa gufunga imiyoboro y’’inkari.”

Yaboneyeho gusaba abaturage kujya bashaka ubuvuzi bukwiriye aho kujya kwigurira imiti muri za farumasi kuko bashobora kugura itajyanye n’uburwayi bafite.

Ubuyobozi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), buvuga ko abasaga miliyoni imwe bakirwa buri muunsi kwa muganga baranduye izo ndwara, harimo n’abadafite ubumenyetso.

Buri mwaka, bivugwa ko habarurwa abarenga miliyoni 374 bashya bandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zishobora kuvurwa zigakira.

You Might Also Like

Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi

Ibyaranze ishyingurwa rya Papa Francis

Ibyo wamenya kuri Bazilika ‘Santa Maria Maggiore’ ishyingurwamo Papa Fransikiko

Iyo uburezi bukora akazi kabwo neza, Jenoside ntiyari kuba – Minisitiri Nsengimana

Abapolisi batanze amaraso yo kuzafashisha abarwayi

igire November 1, 2023 November 1, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

UEFA Champions League:PSG isezereye Arsenal isanga Inter ku mukino wa nyuma
SIPORO

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?