Yanditswe na BIGENIMANA Didier

Ikipe y’abagore ya Barcelona yatsinze ibitego 4-2 mu mukino utoroshye wayihuje n’ikipe y’abagore ya Bayern Munich maze ibona itike yo kujya ku mukino wa nyuma wa Champions League y’abagore, aho izahura n’ikipe y’abagore ya Olympique Lyonnais.
Stade ya Spotify Camp Nou yongeye kwakira abafana benshi kuri iki Cyumweru aho abafana ba FC Barcelona y’abagore bashimishijwe n’iyi kipe yabo .
Mu kirere kiganjemo urumuri rwinshi n’abafana bashyigikiye cyane ikipe yabo nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mukino ubanza mu Budage, FC Barcelona y’abagore yakiriye Bayern Munich y’abagore mu mukino wo kwishyura wa kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League y’abagore.

Iyi kipe ikunzwe nkuko iyabasaza babo ikunzwe
Ntabwo wari umukino gusa; wari intambwe ya nyuma yerekeza ikipe ya FC Barcelona y’abagore ku wundi mukino wa nyuma w Champions League y’abagore ku mugabane w’iburayi kandi abakinnyi b’umutoza Pere Romeu binjiye mu kibuga bafite ubushake n’imbaraga zogutsinda uyu mukino .
Igitego cya mbere muri uyu mukino cyabonetse ku monota wa 13 w’igice cyambere gitsinzwe na Salma Paralluelo wa FC Barcelona y’abagore ariko Bayern yagaragajeko nayo yariri mu mukino muri iyo minota maze ihita itsinda igitego cyo kunganya gitsinzwe na Linda Dallmann ku monota wa 17 w’umukino .

Ibi ariko ntago byaje gukomeza guhira Bayern Munich y’abagore kuko nyuma y’iminota itanu gusa kapiteni Alexia Putellas yafashe icyemezo maze atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 22 w’umukino agarura ituze ku bafana mbere y’uko igice cya mbere kirangira .
Igice cya kabiri kihariwe cyane na FC Barcelona y’abagore yahisemo kugabanya igitutu mu mukino mu minota icumi aho ku munota wa 54, Ewa Pajor yerekanye ubuhanga bwe maze atsinda igitego cya gatatu, ikipe ya Bayern Munich y’abagore yakomeje kurushwa cyane maze nanone Alexia Putellas yaje gutsinda igitego cye cyakabiri cyabaye icya kane muri uyu mukino ku munota wa wa 58 biba ibitego 4-1.

Ikipe ya FC Barcelona y’abagore yakomeje gukina neza iyobora umukino ndetse inashimisha abafana , ikipe ya Bayern Munich y’abagore nubwo batsinzwe umukino abakinnyi bayo bagaragaje gushaka uburyo babona ibitego nibwo Harder ukomoka muri Danemark yabashije gutsinda igitego ku munota wa 71w’umukino uzakurangira itsinzwe ibitego 4-2 .

Ibirero byatumye Ikipe ya FC Barcelona y’abagore ikatisha itike yo kugera ku mukino wa nyuma ugomba kubera i Oslo mu mugi wa Norvege aho izahura n’ikipe y’abagore ya Olympique Lyonnais kuwa 26 Gicurasi 2026 kuri Ullevaal Stadion.


Iyi ikaba ari inshuro ya gatandatu yikurikiranyije Ikipe ya FC Barcelona y’abagore igera ku mukino wa nyuma muri Champions League y’abagore ku mugabane w’iburayi aho imaze gutwara iki gikombe inshuro eshatu .
