Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Burera: Niyitegeka w’imyaka 41 yiyemeje gusubira mu mashuri yisumbuye aho ubu yigana n’umwana we
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Uburezi

Burera: Niyitegeka w’imyaka 41 yiyemeje gusubira mu mashuri yisumbuye aho ubu yigana n’umwana we

igire
igire Yanditswe October 28, 2023
Share
SHARE

Niyitegeka Gildas w’imyaka 41 wo mu Karere ka Burera, yafashe icyemezo cyo gusubukura amasomo yari yaracikishije kera, ubu arimo kwigana n’umuhungu we mu rwunge rw’amashuri rwa Ndago, akagira inama abakuze batize ko bakwiye kumufatiraho urugero.

Niyitegeka arubatse afite abana batandatu, batuye mu Murenge wa Rusarabuye.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka nibwo yasubukuye amasomo yacikishirije mu mwaka wa 1998.
Ubu ariga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye.

Tumusanze mu ishuri yigana na bagenzi be isomo ry’ikinyarwanda, aho mwarimu yamutoranyije ngo asomere bagenzi be umwandiko ku kamaro ka kariyeri.

Ishyari ryiza ryo kubona abize batera imbere ngo niryo ryamuteye gufata icyemezo cyo gusubukura amasomo.

Nyuma yo gusubukura amasomo, Niyitegeka yabwiwe amagambo menshi y’urucantege ariko ayima amatwi.

Mu mwaka umwe gusa asubukuye amasomo, Gildas atangiye kudidibuza icyongereza.

Ubwo yasubukuraga amasomo, yatangiranye n’umuhungu we witwa Niyiringirwa Valentin mu mwaka wa Mbere w’amashuri yisumbuye, gusa ngo uyu mwana byamuteye ipfunwe kubera amagambo yabwirwaga yo kumusesereza ngo bituma atsindwa.

Ubu Gildas n’umuhungu we bafashe ingamba zikomeye, aho buri munsi basubira mu masomo buri umwe agafasha mugenzi we icyo atumva.

Abarimu bishimira uburyo ari kwitwara neza mu masomo.

Umugore wa Niyitegeka Gildas agaragaza ko ashyigikiye umugabo we kandi yizeye ko ubumenyi azunguka buzagirira akamaro umuryango wabo.

Niyitegeka Gildas agira inama abakuze bibwira ko imyaka yo gushaka ubumenyi yabarenganye, ko ntawe ukwiye kubaho atazi gusoma no kwandika kuko u Rwanda rwimakaje uburezi kuri bose.

You Might Also Like

Maj Gen Vincent Nyakarundi yitabiriye Inama y’ingabo zirwanira ku butaka muri Afurika

CHORARE DE KIGALI : BARIMO GUTEGURA IGITARAMO CYAMATEKA.

Musanze: Ababyeyi bishimira ko abana babo basigaye bakorera ibizamini bya Leta hafi

Umuyobozi Mukuru wa REB Dr Mbarushimana yasabye abanyeshuri kwirinda gukopera

Abanyeshuri 202,999 batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

igire October 28, 2023 October 28, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?