Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Gikonko: Bishimiye kwegerezwa imodoka zitwara abagenzi
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Gikonko: Bishimiye kwegerezwa imodoka zitwara abagenzi

igire
igire Yanditswe February 3, 2023
Share
SHARE

Nyuma y’igihe kitari gitoya abatuye i Gikonko mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo bifuza kugerwaho n’imodoka zitwara abagenzi, ku wa Kane tariki 02 Gashyantare 2023 Horizon Express yatangiye kuhakorera.

Horizon Express yashyizeho umurongo Huye-Save-Gikonko
Horizon Express yashyizeho umurongo Huye-Save-Gikonko

Abakozi ba Leta n’abikorera, abajya kwivuza ku muganga uzwi w’i Gikonko witwa Utta, abajya gusura abavandimwe n’inshuti mu tundi turere, bamaze kubona ko noneho n’iwabo hageze imodoka zitwara abagenzi, kuri ubu baranezerewe, kuko ingendo zitazongera kubahenda.

Faustin Harerimana uzwi ku izina rya Byabuze yagize ati “Hano i Gikonko ndahakorera, ariko ntuye i Nyamagabe. Najyaga ntega moto kugera i Huye bakanca ibihumbi bine, none ubu bari kuduca igihumbi cyonyine. Kuva saa mbili z’ijoro twamenya iyi nkuru, turanezerewe bihebuje!”

Yvette Akimirembe yacuruzaga resitora mu gasantere ka Gikonko, ariko yari yaracitse intege kubera ko hari ibyo yifashishaga yakuraga i Huye, akabigeza i Gikonko bimutwaye menshi, bigatuma atunguka.

Ati “Nari narahagaritse kubera kubura aho mpahira, ariko ubu nanezerewe. Mbese naraye mbyina! Imodoka yaraye imbere y’aho nari nsanzwe nkorera, noneho bavuze ko itike ari 1000, mbara ukuntu nategaga moto njya guhahira i Butare, akanyungu kagashirira mu itike. Byari byaranze ariko ubungubu ndaza kuzamuka pe!”

Gikonko yamenyekanye kuva kera kuko habaye Komine Mugusa haza no kuba Akarere ka Gikonko, hanyuma aho Akarere kimukiye i Gisagara isa n’igiye ku ruhande, n’abakozi b’Akarere bahabaga bimukira i Gisagara.

Aho abaturuka i Gikonko bazajya bategera imodoka
Aho abaturuka i Gikonko bazajya bategera imodoka

Utundi duce two muri Gisagara twari twarayiciyeho mu iterambere, ariko ubu abahatuye bafite icyizere ko hagiye kuba impinduka.

Uwitwa Joseph ati “Mu kanya hari abo twaganiriye bavuga bati niba nategeshaga ibihumbi birindwi ubu agiye kuzigama bitanu. Hari n’uwavuze ati icupa rikonje nzajya njya kurinywera muri Hotel i Huye ngaruke!”

Abatuye i Gikonko bavuga ko hari hashize imyaka ibiri bijejwe ko imodoka zitwara abagenzi zijya mu bindi bice bya Gisagara zizagera n’iwabo.

Imodoka ya Horizon Express izajya ihaguruka i Gikonko mu gitondo saa 6:30, 7:30, 10:00, 14:00 na 17:30, naho iva i Huye izajya ihaguruka 7:30, 10:00, 14:00, 17:00 na 18:00.

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire February 3, 2023 February 3, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze
Ubukungu

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?