Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Karongi: Bategerezanyije ubwuzu igishushonyo mbonera cy’umujyi wabo
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Karongi: Bategerezanyije ubwuzu igishushonyo mbonera cy’umujyi wabo

igire
igire Yanditswe November 6, 2023
Share
SHARE
Bamwe mu batuye mu Karere ka Karongi cyane cyane mu Mujyi wako bavuga ko igishushanyombonera kivuguruye cy’imikoreshereze y’ubutaka bwo muri aka karere kizatuma barushaho gusobanukirwa neza imikoreshereze y’ubutaka bwa buri hantu. Barabivuga mu gihe ubuyobozi bw’akarere butangaza ko iki gishushanyo mbonera gishya kizarangira gukorwa bitarenze uyu mwaka.

Umujyi wa Karongi bivugwa ko ubarizwa mu yunganira Kigali. Ni umujyi wiganjemo udusozi twinshi kandi tugiye dutuyemo abaturage benshi.

Aho waba uri hose muri uyu mujyi ndetse no mu bice bimwe na bimwe bya kure yawo, uba witegeye neza Ikiyaga cya Kivu kimwe mu biwugira mwiza, abaturage bagahamya ko kiri mu bikurura ba mukerarugendo n’abashoramari baremereye.

Ariko bigaragara ko imitunganyirize yawo ikeneye kongerwamo izindi mbaraga, ukagwiramo ibikorwaremezo nk’imihanda yo mu makaritsiye atuyemo abaturage benshi, usanga hafi ya hose idatunganyije, ku buryo hari n’aho kunyura biba bigoye cyane cyane mu gihe cy’imvura, dore ko ibice byawo byinshi bikunze kwibasirwa n’ibiza mu gihe cyayo.

Mu bigikenewemo kandi harimo n’ibikorwaremezo by’imikino n’imyidagaduro. Ibi byose hamwe n’ibindi, abaturage basanga igishushanyombonera gishya bumva ko kiri gukorwa, nikirangira kizarushaho gutanga umucyo ku hazaza h’imikoreshereze y’ubutaka bwo muri uyu mujyi n’ubwo mu bindi bice by’aka karere, ndetse n’abaturage b’amikoro make bakagira aho batuzwa hajyanye n’urwego rwabo.

Ni igishushanyo mbonera cyatangiye gukorwa mu mwaka wa 2022 ngo gisimbure igisanzwe gikoreshwa.

Ubuyobozi bw’akarere icyo gihe bwemeje ko kizaba cyarangiye mu kwezi kwa 9 uyu mwaka. Ariko kugeza magingo aya, uretse no kurangira, nta n’amakuru yacyo ahari.Nubwo bimeze bityo, Umuyobozi w’Akarere w’agateganyo Niragire Théophile atangaza ko iki gishushanyo mbonera kizaba cyarangiye gukorwa bitarenze uyu mwaka.

Ubwo hatangizwaga imirimo yo gukora icyo gishushanyombonera, hagaragajwe ko Umujyi wa Karongi uzaba wagutse ukagera n’I Rubengera, ndetse ngo abazaba bawutuye bazaba barikubye kenshi.

Ni umujyi kandi byagaragajwe ko uzaba wungirijwe n’indi mijyi ine irimo uwa Mubuga, Birambo n’iyindi. Ni igishushanyombonera kiri mu mujyo wa gahunda Guverinoma y’u Rwanda yihaye y’uko mu mwaka wa 2050, 70% by’abaturage bose bazaba batuye mu mijyi.

 

You Might Also Like

Imenyerazamwuga niyo nkingi y’umurimo unoze

Ingengo y’imari ya 2025/2026 iziyongeraho miliyari 1 216,1Frw igere kuri miliyari 7 032,5 Frw

Umusaruro w’inganda wazamutseho 5% muri Werurwe 2025

U Rwanda mu nzira yo gushyiraho ibigega bizigama ibikomoka kuri peretoli litiro miliyoni 334

U Rwanda na PSG byongereye amasezerano y’imikoranire kugeza mu 2028

igire November 6, 2023 November 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?