Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi

igire
igire Yanditswe April 27, 2023
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze muri Tanzania kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro.

Perezida Kagame n’itsinda ry’abantu bari kumwe, bakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, Stergomena Tax ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Julius Nyerere International Airport, giherereye mu Mujyi wa Dar es Salaam, bikaba biteganyijwe ko Perezida Kagame azagirana ibiganiro na mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan.

Abakuru b’Ibihugu byombi baraza kugirana ibiganiro muri Perezidansi ya Tanzania, Perezida Kagame akazasoza urwo ruzinduko ku wa Gatanu tariki 28 Mata 2023.

Perezida Kagame ageze muri Tanzania aturutse muri Zimbabwe, aho yari yitabiriye inama ya 6 ya Transform Africa, yiga ku Iterambere ry’Ikoranabuhanga muri Afurika.

Perezida Kagame asuye Tanzania, mu gihe muri Kanama 2021, Perezida Samia Suluhu Hassan w’icyo gihugu, na we yasuye u Rwanda, icyo gihe hanasinywa amasezerano agamije ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye, harimo Uburezi, Ubukungu n’ibindi bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire April 27, 2023 April 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?