Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bwa Zelensky uyobora Ukraine
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bwa Zelensky uyobora Ukraine

igire
igire Yanditswe May 26, 2023
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, wamushyikirije ubutumwa bwa mugenzi we Volodomyr Zelensky.

Perezida Paul Kagame na Minisitiri Dmytro Kuleba
Perezida Paul Kagame na Minisitiri Dmytro Kuleba

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’umunsi umwe yatangiye ku wa 25 Gicurasi 2023.

Perezida Kagame na Dmytro baganiriye ku ntambara iri muri Ukraine, n’uburyo buhari bwatangijwe bwo gushyigikira inzira z’amahoro mu kurangiza aya makimbirane.

Minisitiri Kuleba yakiriwe na Perezida Kagame mu gihe yahuye na mugenzi we w’u Rwanda Dr Vincent Biruta ndetse bashyira umukono ku masezerano y’ubutwererane mu bya Politiki hagati y’u Rwanda na Ukraine.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, yasuye kandi urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, yerekwa ibice birugize ndetse asobanurirwa amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo yagejeje kuri Jenoside.

Yafashe umwanya yunamira ndetse ashyira indabo ku mva, ahashyinguye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu kandi byatangaje ko Perezida Paul Kagame, yakiriye itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu baturutse mu ishuri ry’ubucuruzi (Wharton Business School) muri Kaminuza ya Pennsylvania.

Aba banyeshuri bayobowe na Prof Katherine Klein, Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza muri iyi Kaminuza ndetse na Eric Kacou, umwe mu bagize Inama y’ubutegetsi ya Wharton mu Burayi, Afurika ndetse n’Uburasirazuba bwo hagati.

Ibiganiro bagiranye byagarutse ku buryo u Rwanda rwiyubatse mu myaka irenga 20 ishize.

You Might Also Like

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

VATICAN : Papa Leo XIV arasaba ko intambara zirangira

Amerika: Abihinduje igitsina batangiye kwirukanwa mu gisirikare

igire May 26, 2023 May 26, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?