Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yasabye ba Rushingwangerero gusenyera umugozi umwe
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yasabye ba Rushingwangerero gusenyera umugozi umwe

igire
igire Yanditswe March 28, 2023
Share
SHARE

Mu gusoza itorero rya ba Rushingwangerero, ari bo Banyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari kuri uyu wa kabiri tariki ya 28 Werurwe 2023, Perezida Kagame yabasabye gusenyera umugozi umwe kandi bakagabanya umubare w’abana bata ishuri bakajya kuba inzererezi.

Yabibukije ko bagomba kwita cyane ku nyigisho baherewe muri iri torero, kandi bakagerageza gukorana neza n’abaturage.

Ati “Nyuma yaho muvuye mu mahugurwa nk’aya mujyanye izihe ngamba? Ni iki mugiye gukora kugira ngo ibyo bibazo bicike burundu?”

Perezida Kagame yibukije ba Rushingwangerero kwita no ku bibazo by’imirire mibi, bituma abana bagira igwingira ndetse bakabigira ibyabo bigakemuka burundu.

Perezida Kagame yasabye ba Rushingwangerero gusenyera umugozi umwe
Perezida Kagame yasabye ba Rushingwangerero gusenyera umugozi umwe

Yabibukije no gukorana n’izindi nzego zitandukanye, bahana amakuru mu guhangana n’ibi bibibazo kugira ngo bikemuke.

Ati “Abahinzi, aborozi, abacuruzi, mu bifitemo uruhare ki kugira ngo bikorwe uko bikwiye ndetse ngo mwunganire ababirimo, ababikora kugira ngo bibagirire akamaro?”

Yabasabye kuba hafi abo bayobora babunganira mu bikorwa byabo bitandukanye, kugira ngo bibagirire akamaro ndetse nabo bibafashe kuzuza inshingano zabo.

Perezida Kagame kandi yasabye ba Rushingwangerero kujya bagaragaza umusaruro mu byo bakora, ndetse ubushobozi bahawe babukoresha mu nyungu z’abaturage, aho kubukoresha mu nyungu zabo.

Ati “Ibi ndabivuga atari mwe mbwira gusa, ndabwira n’abandi bayobozi bari mu zindi nzego zibakuriye kuko ni ikibazo duhuriyeho, ikibazo rusanjye cyo kututuza inshingano”.

Perezida Kagame yasabye ko abayobozi muri rusanjye bakwiye kwirinda gutekinika, ahubwo bagomba gukurikirana ku gihe ibyo bakora, bakuzuzanya mu kazi kabo ka buri munsi.

Yatanze urugero rwo kutita ku nshingano ko bigira ingaruka ku buzima bw’abantu, igihe hari ibikorwa remezo bitubatswe ngo bikurikiranwe neza.

Ati “Niba hari ahantu ugomba kubaka urugomero ukagenda ugatekinika, imvura yagwa ikica abantu kubera ibyo bikorwa bibi by’itekinika, ukubaka amashuri buri wese ashaka gukuramo inyungu ze ejo imvura yagwa ugasanga amashuri atwaye ubuzima bw’abanyeshuri, ubwo si wowe uba utumye babura ubuzima?”

Perezida Kagame yabibukije ko bagomba kujya batanga amakuru ku babakuriye, kugira ngo ibibazo bihari bafatanye kubishakira umuti.

You Might Also Like

Gasabo: Hari ibigo by’amashuri bya leta biyishyuza amafaranga y’ibirarane ibigenera

Abashoramari bo muri Hongiriya beretswe amahirwe ari mu Rwanda

Perezida Kagame asanga Abanyafurika ari bo kibazo ubwabo :AMAFOTO MEZA CYANE

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa ya Perezida wa Ghana

igire March 29, 2023 March 28, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Мобильная редакция игорного заведения для азартных игр с телефонов и планшетов.
Mu Rwanda

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?