PSG yatsinze Arsenal kuri penaliti maze igumana igikombe cya UEFA Champions League.

igire

Yanditswe na Bigenimana Didier 

Abakinnyi ba Paris Saint-Germain bishimiye cyane intsinzi nyuma yo kwegukana igikombe cya UEFA Champions League kuri uyu wa Gatandatu
Abakinnyi ba Paris Saint-Germain bishimiye cyane intsinzi nyuma yo kwegukana igikombe cya UEFA Champions League kuri uyu wa Gatandatu.

Ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yabaye iya kabiri mu mateka yegukanye igikombe cya UEFA Champions League inshuro ebyiri zikurikiranya, nyuma yo gutsinda Arsenal kuri penaliti mu mukino wa nyuma wabereye i Budapest kuri uyu  wa Gatandatu.

Myugariro wa Arsenal, Gabriel Magalhães, yahushije penaliti ya nyuma ayohereza hejuru y’izamu, bituma PSG itsinda penaliti 4-3 nyuma y’uko iminota 120 y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya 1-1.

Kapiteni wa PSG, Marquinhos, yahise ajya guhumuriza Gabriel Magalhães nyuma yo guhusha penaliti ye
Kapiteni wa PSG, Marquinhos, yahise ajya guhumuriza Gabriel Magalhães nyuma yo guhusha penaliti ye.

Ku ruhande rwa Arsenal, nubwo yasoje imyaka 22 itegereje kongera kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) muri uyu mwaka, yari nagitegereje  kwegukana igikombe cyayo cya mbere cy’i Burayi.

Nk’uko byagenze mu mukino wa nyuma rukumbi yari yaragezemo mbere, imyaka 20 ishize, Arsenal yafunguye amazamu hakiri kare. Kapiteni wa PSG, Marquinhos, yagerageje gukuraho umupira ariko usanga Leandro Trossard wa Arsenal, uhita ujya kwa Kai Havertz. Havertz yahise yihuta ava hafi y’umurongo wo hagati, yinjira mu rubuga rw’amahina maze atera ishoti rikomeye ku nguni ntoya, umupira ujya mu rushundura maze Arsenal ibona igitego cya yo cya mbere .

Kai Havertz yatsindiye Chelsea FC igitego cyabahesheje intsinzi ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League batsinzemo Manchester City F.C. mu 2021. Nyuma y’imyaka itanu, yongeye kwandika amateka ubwo yahaga Arsenal F.C.
Kai Havertz yatsindiye Chelsea FC igitego cyabahesheje intsinzi ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League batsinzemo Manchester City  mu 2021 , nyuma y’imyaka itanu  yongeye kwandika  aya  amateka .

Nk’uko byagenze ku mukino wa nyuma  wa UEFA Champions League yakinnye na Barcelona  mu mwaka wa 2006 aho  yatsinzwe na FC Barcelona ibitego 2-1   , Arsenal yongeye gutsindwa ku mukino wanyuma kandi yari ifite  amahirwe  nyuma yokurushwa cyane na Paris Saint Germain  mu gice cya kabiri cy’umukino.

Nyuma yo kubuza PSG kubona uburyo bwinshi bwo gutsinda mu gihe cy’isaha hafi yose, ubwugarizi  bwa Arsenal bwaje gukora amakosa   myugariro    Cristhian Mosquera akorera   ikosa kuri Khvicha Kvaratskhelia mu rubuga rw’amahina.

Nyuma yo kugenzurwa na VAR no gutegereza igihe kirekire, umusifuzi yaje kwemezako habayeho ikosa atanga penaliti maze  Ousmane Dembélé yayitera neza , ayohereza mu izamu mu gihe umunyezamu David Raya  ntiyamenye aho umupira unyuze, bituma PSG inganya igitego 1-1.

Ousmane Dembélé watsinze igitego cyo kunganya yatsinze kuri penaliti
Ousmane Dembélé watsinze igitego cyo kunganya yatsinze kuri penaliti.
Ikosa Cristhian Mosquera yakoreye Khvicha Kvaratskhelia mu rubuga rw'amahina umusifuza agatanga penaliti yavuyemo igite cyo kunganya cya PSG
Ikosa Cristhian Mosquera yakoreye Khvicha Kvaratskhelia mu rubuga rw’amahina umusifuza agatanga penaliti yavuyemo igite cyo kunganya cya PSG.

PSG yinjiye mu mateka yegukana igikombe cya UEFA Champions League inshuro ebyiri zikurikiranya, isanga Real Madrid, yari yarabigezeho itsinda ibikombe bitatu bikurikirana hagati ya 2016 na 2018.

Ni amakipe yonyine yabashije kurinda iki gikombe kuva irushanwa ryahindurirwa izina rikaba UEFA Champions League mu 1992.

Uyu mukino wanyuma wo   kuri uyu wa Gatandatu niwo  wa mbere ukinwe ukageza ku kwitabaza penaliti kuva mu 2016, ubwo Real Madrid yatsindaga Atlético Madrid kuri penaliti ikegukana igikombe cya mbere muri  bitatu yegukanye yikurikiranya.

Paris Saint Germain   yabaye ikipe ya 10 mu mateka y’Igikombe cy’u Burayi (European Cup), cyatangiye mu 1955, yegukanye igikombe inshuro ebyiri zikurikiranya.

 

Share This Article