Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Rubavu: Abatuye ku butaka bwa Minisiteri y’Ingabo bagiye kwimurwa
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Rubavu: Abatuye ku butaka bwa Minisiteri y’Ingabo bagiye kwimurwa

igire
igire Yanditswe April 4, 2024
Share
SHARE

Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu yemeje ko abaturage batuye ku butaka bwa Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) bagomba kubwimurwaho bagahabwa ingurane bagashaka ahandi batura.

Ikarita igaragaza ubutaka bwa Minisiteri y'Ingabo bwibasiwe n'abaturage

Ikarita igaragaza ubutaka bwa Minisiteri y’Ingabo bwibasiwe n’abaturage

Inama yabaye tariki 29 Werurwe 2024 yemeje ko abaturage batuye ku butaka bwa MINADEF bahabwa ingurane bagashaka aho bajya gutura.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, Dr Ignace Kabano, yabwiye Kigali Today ko abaturage bazimurwa ari abahatujwe kimwe n’abahituje hatitawe ku cyo ubutaka bwari bwaragenewe.

Agira ati “Bwari busanzwe ari ubwa Minisiteri y’Ingabo, ariko uko abayobozi bagiye basimburana, abaturage babaciye mu rihumye barahubaka. Icyo twemera ni uko abaturage babaruwe kandi bazimurwa ntawe uhutajwe nubwo hagomba kubahirizwa amategeko kuko Leta itifuza kwimura umuturage ngo ajye kubaho ubuzima bugoye usange abaye umutwaro wa Leta, ahubwo bazabarurirwa ubutaka n’ibyo bahakoreye bahabwe ingurane izabafasha kubaho neza.”

Hari ubutuweho n'abaturage

Hari ubutuweho n’abaturage

Kabano avuga ko bazimurwa kuko hagomba kujya ibikorwa rusange kandi abazimurwa bagomba kubanza kuganirizwa.

Abaturage bazimurwa basanzwe batuye ku butaka buri kuri hegitari 27 buherereye mu Karere ka Rubavu ku musozi wa Rwaza mu Kagari ka Rwaza mu Murenge wa Rugerero bukaba bwubatseho icyicaro cy’ubuyobozi bw’Ingabo mu Ntara y’Iburengerazuba.

Ni ikibazo cyatangiye kugaragara mu iyandikishwa ry’ubutaka, aho abaturage bapimishije ndetse bakanandikisha ubutaka bitaga ubwabo nyamara na Ministeri y’Ingabo ikavuga ko abaturage biyandikishijeho ubutaka bwayo.

Ikibazo cyinjiyemo inzego zitandukanye ndetse abayoboye Perefegitura ya Gisenyi bashyirwa mu majwi nk’uko bigaragazwa n’amasezerano y’ubukode bw’ubutaka bagiranye n’icyahoze ari Umujyi wa Gisenyi.

Ababutuyemo bagomba kwimurwa

Ababutuyemo bagomba kwimurwa

Hakomeje kwibazwa uwari usanganywe ubutaka, bituma ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwandikira MINADEF busaba gukemura iki kibazo, MINADEF na yo yasabye MINALOC mu ibaruwa no 6712/DEF/7161/A/6572/023 yo ku wa 7/11/2023 isaba ubufasha mu gukemura iki kibazo cyo gusubiza imbago aho zahoze mbere y’umwaka wa 1995 ku musozi wa Rwaza ifiteho ibikorwa.

Ku wa 03/01/2024 MINALOC yandikiye MINADEF, Minisiteri y’Ibidukikije, Umuvunyi Mukuru, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka, Intara y’Iburengezuba n’Akarere ka Rubavu, isaba ubufatanye mu gukemura iki kibazo.

Muri Mutarama 2024 nibwo MINADEF yasabwe guha ingurane abaturage bafite ibyangombwa bahawe na Leta bakimuka, na yo ikahakorera ibikorwa byayo.

Hari ahakoreshwa nk'isoko

Hari ahakoreshwa nk’isoko
Ubutaka abaturage babukoreraho ibikorwa bitandukanye

Ubutaka abaturage babukoreraho ibikorwa bitandukanye
Ubu butaka buparikwaho n'amakamyo yinjira mu mujyi wa Gisenyi

Ubu butaka buparikwaho n’amakamyo yinjira mu mujyi wa Gisenyi

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire April 4, 2024 April 4, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?