Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Twateye intambwe ishimishije, ariko biradusaba kudatezuka – Perezida Kagame
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Twateye intambwe ishimishije, ariko biradusaba kudatezuka – Perezida Kagame

igire
igire Yanditswe January 1, 2023
Share
SHARE

Mu ijambo risoza umwaka wa 2022 no kwinjira mu mushya wa 2023, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yibukije Abanyarwanda ko hasigaye umwaka umwe gusa gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi (NST1) ikarangira, yongeraho ko hari intambwe ishimishije yatewe ariko bisaba kudatezuka.

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudatezuka n
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kudatezuka n’ubwo hari ibyagezweho byo kwishimira

Iyi gahunda ijyana na manda y’Umukuru w’Igihugu imara imyaka irindwi nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga, ikaba yaratangiye mu 2017 ubwo Perezida Kagame yari yongeye kugirirwa icyizere mu matora rusange y’Abaturage.

Perezida Kagame ati “Muri 2023, tuzaba dusigaje umwaka umwe gusa kugira ngo dusoze gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, twateye intambwe ishimishije ariko biradusaba kudatezuka kugira ngo tugere ku ntego twihaye.”

Perezida Kagame yashimiye Abaturarwanda ku “kwihangana no kudatezuka bagaragaje mu mwaka wa 2022” bakikura mu ngaruka zatewe n’icyorezo cya Covid-19.

Yavuze ko Leta yatangije Ikigega Nzahurabukungu, abaturage na bo barakora bituma Ubukungu bw’Igihugu buzamuka cyane cyane guhera mu gihembwe cya Gatatu cya 2022.

Yashimiye Abaturarwanda muri rusange ubufatanye bagaragaje mu kwakira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM), ndetse n’ibindi bikorwa ngo byagenze neza muri rusange.

Perezida Kagame akavuga ko ibi byose bishingiye ku mutekano mwiza ukomeje kuranga u Rwanda.

Umukuru w’Igihugu avuga ko umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu ari mwiza n’ubwo ngo havutse ibibazo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bisaba ko Leta y’u Rwanda ikomeza kubikurikirana.

Yongeyeho ko u Rwanda hamwe n’Imiryango mpuzamahanga bakeneye gukorera hamwe mu gushakira ibisubizo birambye uburasirazuba bwa Congo (RDC), hashingiwe ku mbaraga Abakuru b’Ibihugu bya Angola n’u Burundi, ndetse n’Umuhuza wahoze ayobora Kenya bakomeje kugaragaza.

Perezida Kagame yijeje Abanyarwanda umutekano usesuye mu mwaka wa 2023, ndetse no gukomeza gufatanya n’ibihugu bituranyi mu gushakira Akarere amahoro arambye.

You Might Also Like

Gushyira mu ikoranabuhanga inyandiko z’Inkiko Gacaca bizarangira mu 2026

RGB yahagaritse by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

360 Mubari barafashwe bugwate na FDLR batangiye gutaha

Perezida Kagame yeretse abanyeshuri ba Kaminuza ya Havard amateka abanyarwanda banyuzemo

Gasabo: Hari ibigo by’amashuri bya leta biyishyuza amafaranga y’ibirarane ibigenera

igire January 1, 2023 January 1, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

BAL2025: APR BBC yabonye intsinzi ya kabiri
Imikino

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?