Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda Ruzakomeza Kuzirikana Akamaro Perezida Geingob Yagiriye Afurika-PM Ngirente
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda Ruzakomeza Kuzirikana Akamaro Perezida Geingob Yagiriye Afurika-PM Ngirente

igire
igire Yanditswe February 25, 2024
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yabwiye abaje gusezera kuri Perezida Hage Geingob wayoboraga Namibia akaba aherutse gutabaruka ko u Rwanda ruzakomeza kuzirikana akamaro yagiriye Afurika.

Iri jambo yarivuze mu izina rya Perezida Paul Kagame.

Ngirente avuga ko u Rwanda ruzi akamaro uriya mugabo yagiriye Afurika n’igihugu cye by’umwihariko.

Ni umuhati yashyizeho mu guharanira ko Afurika iba umugabane wigenga, ufite uburenganzira bwo kugena ibyo wihitiyemo kandi ngo ibi bizakomeza kuzirikanwa n’abandi bari bafite intego nk’ize.

Dr. Edouard Ngirente yagize ati: “ u Rwanda ruzahora ruzirikana umubano mwiza rwagiranye na Namibia mu gihe yayoborwaga na Geingob.”

Yaboneyeho kubwira abaturage ba Namibia ko u Rwanda ruzakomeza gukorana na Namibia nk’igihugu cy’inshuti hashingiwe ku musingi wasizwe na Hage Geingob.

Mbere y’uko Ngirente ajya gusezera kuri uriya munyacyubahiro, Madamu Jeannette Kageme yagiye gufata mu mugongo mugenzi we wahoze ari umufasha wa nyakwigendera witwa Monica Geingob.

JEANNETTE KAGAME YAMUFASHE MU MUGONGO

Hage G. Geingob yari Perezida wa Namibia aherutse gutabaruka azize cancer yari amaranye  igihe.

Yaguye mu bitato byitiriwe Lady Pohamba.

Inkuru y’urupfu rwa Perezida Dr. Hage G. Geingob, yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru wa Namibia.

Perezida Hage Geingob yabaye Umukuru w’Igihugu kuva mu 2015, akaba yari ari kuyobora manda ya kabiri yari kuzarangira mu mpera z’umwaka wa 2024.

TAGGED:Afurika, featured, Ngirente, Perezida

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire February 25, 2024 February 25, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?