Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda rwakiriye abacanshuro b’i Burayi basaga 280 barwanaga na M23 i Goma (Amafoto)
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

U Rwanda rwakiriye abacanshuro b’i Burayi basaga 280 barwanaga na M23 i Goma (Amafoto)

igire
igire Yanditswe January 29, 2025
Share
SHARE

Abacanshuro b’Abanyaburayi bakoreshwaga na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, mu kurwanya Umutwe wa M23 bageze mu Karere ka Rubavu, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 29 Mutarama 2025.

Bakigera ku mupaka aba bacanshuro biganjemo abaturuka muri Romania, babanje gusakwa nyuma bakirwa n’abashinzwe kwakira abinjira n’abasohoka.

Binjiye bari ku mirongo mbere y’uko binjizwa muri bisi zabugenewe, zabagejeje mu Mujyi wa Kigali.

Abacanshuro bagera ku 2000 baturuka mu Burasirazuba bw’u Burayi bifashishijwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kurwanya abaturage bayo ari bo M23, Umutwe ugizwe n’Abanye-Congo baharanira uburenganzira bwabo.

Nyuma yo kuzenguruka Umujyi wa Goma na gutanga igihe ntarengwa cyo kuba bashyikirije intwaro MONUSCO, aba bacanshuro ni bamwe mu bishyikirije ingabo za Loni nk’uko byasabwe na M23.

Biteganyijwe ko aba bacanshuro bahita berekeza ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kiri i Kanombe, aho bava basubizwa mu bihugu byabo.

Aba bacanshuro barwanaga ku ruhande rwa RDC ni abo muri Romania. Banyuze mu Rwanda bavuye mu Mujyi wa Goma nyuma yo gusabirwa inzira ndetse M23 ikabyemera.

Umutwe wa M23 umaze iminsi itatu uri kugenzura Umujyi wa Goma nyuma yo gutangaza ko yawufashe. Kuva uwo munsi yatangaje ko ikirere cya Goma gifunze, inahagarika ibikorwa byose bibera mu Kiyaga cya Kivu ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

M23 yanasabye abatuye Umujyi wa Goma gutekana kuko umujyi wabohowe kandi biri ku murongo.

 

 

 

 

 

You Might Also Like

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

Madamu Jeannette Kagame asanga ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera ari ingenzi

Perezida Kagame yageze muri Kazakhstan

KIBUNGO:Hari abaganga bakoraga mu bitaro bya Kibungo banenzwe kwijandika muri Jenoside

IMPANURO:Maj Gen Nyakarundi yahaye impanuro inzego z’umutekano z’u Rwanda zigiye kujya i Cabo Delgado

igire January 29, 2025 January 29, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Системы преданности в интернет игорных заведениях – как зарабатывать больше
guide

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?