Kuri uyu wa gatatu tariki 10 Gicurasi, Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Djibouti n’itsinda ayoboye.
Amakuru dukesha urukuta rwa twitter rw’ibiro by’umukuru w’igihugu, aravuga ko Mahmoudi Ali Youssouf, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Djibouti aho yaje azanye n’ubutumwa perezida wa Djibouti Ismail Omar Guelleh yageneye perezida w’u Rwanda.
Bimwe mu byaganiriweho harimo umutekano w’ibihugu biherereye mu ihembe rya Afurika, ubutwererane n’umubano w’ibihugu byombi, bibanda cyane ku bucuruzi.
Iyi nama yahuje Perezida Kagame n’itsinda ryaturutse muri Djibouti, yabanjirijwe n’indi yahuje komisiyo ihuriweho n’ibihugu by’u Rwanda na Djibouti yabaye nayo kuri uyu wa gatatu.
Sign Up For Daily Newsletter
Be keep up! Get the latest breaking news delivered straight to your inbox.
[mc4wp_form]
By signing up, you agree to our Terms of Use and acknowledge the data practices in our Privacy Policy. You may unsubscribe at any time.