Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Politiki

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia

igire
igire Yanditswe April 19, 2024
Share
SHARE

Amakuru yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, avuga ko Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Mata 2024, yagiranye ibiganiro na Ellen Johnson Sirleaf wabaye Perezida wa Liberia.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia

Ibiganiro byabo byabaye mbere yo kwitabira inama ku iterambere ry’abagore, no kubategurira kuba abayobozi beza, yiswe Amujae High-Level Leadership Forum.

Iyi nama itegurwa na Ellen Johnson Sirleaf Presidential Center for Women and Development (EJS Center), umuryango washinzwe mu 2018 ugamije gushyigikira no kongera abagore bari mu buyobozi n’indi myanya ikomeye ku mugabane wa Afurika.

Iyi nama irimo kubera muri Kigali Convention Centre, yitabiriwe n’abagore 42 bari mu myanya y’ubuyobozi, baturutse mu bihugu 19 bya Afurika. Biteganyijwe ko irangira kuri uyu wa 19 Mata 2024.

Tariki ya 8 Werurwe 2020 nibwo inama ya ‘Amujae’ yateranye bwa mbere, igamije kurema icyizere mu bagore kugira ngo biyumvemo ko bakwiye kujya mu myanya y’ubuyobozi ikomeye, batange umusanzu wabo mu kugena ahazaza h’umugabane.

Ellen Johnson Sirleaf Presidential Center for Women and Development (EJS Center), yashinze iki kigo cyamwitiriwe, mu rwego rwo kongerera ubushobozi abagore bo muri Afurika, kwiyumvamo ubushobozi bifitemo bwo kugera ku cyo bifuza.

You Might Also Like

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS

Hatashywe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa mbere mu Burayi bw’Amajyaruguru

Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

Perezida Kagame na Tebboune bikomye amahanga yivanga muri Politiki y’Afurika

Umugaba w’Ingabo za Misiri yasuye u Rwanda (AMAFOTO)

igire April 20, 2024 April 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?