Igire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Reading: Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?
Share
Font ResizerAa
Igire-Amakuru agezwehoIgire-Amakuru agezweho
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Imikino
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Search
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Mu Rwanda
  • Imikino
    • Imyidagaduro
  • Politiki
  • ubuhinzi
  • Ubukerarugendo
  • Ubukungu
  • Ubuzima
Follow US
Ubukungu

Kuki Leta itarashe ku ntego yo gutuza abaturage ku Mudugudu muri iyi myaka 7?

igire
igire Yanditswe May 9, 2024
Share
SHARE

Imibare ya Minisiteri y’Ibikorwaremezo igaragaza ko Abanyarwanda batuye mu Midugudu bagombaga kuva kuri 61% mu 2017 bakagera kuri 80% mu mwaka wa 2024, ariko byagaragaye ko ubu abatuye mu Midugudu babarirwa muri 65%.

Uburangare ngo nibwo bwatumye umuhigo wo gutuza abaturage mu Midugudu utagerwaho nk’uko byari biteganyijwe.

Perezida wa Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’umutungo by’Igihugu, PAC Muhakwa Valens ashingiye kuri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, yemeza ko habaye icyuho cy’imikoranire y’inzego zitandukanye zirebwa n’iki kibazo.

Abatujwe mu Midugudu kuva muri 2017 biyongereyeho 4% , abo iyi gahunda yagezeho bakaba bavuga ko byagize uruhare mu iterambere ry’imibereho yabo.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bob Gakire yemera ko habayeho uburangare ku buryo byatumye hari na gahunda za Leta zitageze ku baturage ziganjemo ibikorwaremezo.

Umuyobozi ushinzwe Politike n’Igenamigambi muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Charles Kalinda yagaragaje ko ibibazo by’imiturire byagaragaye mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi yo kwihutisha iterambere, bizakemurwa na politike nshya y’imiturire n’amabwiriza birimo gutegurwa ku buryo NST2 izaba umwanya mwiza wo gukemura ibibazo by’imiturire muri rusange.

Ingingo ijyanye n’imiturire ni imwe mu zagarutsweho kuri uyu wa Kane, ubwo abahagarariye Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iy’imari n’igenamigambi, Umujyi wa Kigali ndetse n’ikigo gishinzwe imiturire mu gihugu bitabaga Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu.

You Might Also Like

U Rwanda rwiteze inyungu kubera izamuka ry’ibiciro bya Wolfram

Kamonyi: Bashinja ‘Abahebyi’ kubangiriza imyaka yari kuri hegitari 20

Ibibazo by’inyamaswa zonera abaturage byikubye gatatu mu myaka itanu ishize

Abanyarwanda 15 barimo gukora imishinga minini bifashishije ubwenge buhangano

Barasaba ko umuhanda uhuza Ngororero na Rutsiro ukorwa

igire May 9, 2024 May 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Email Print
Share
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Abo turibo

Tubagezaho amakuru agezweho mu Rwanda, mu Karere kibiyagabigari,muri Afurika no hirya no hino kw'isi

Inkuru iheruka

Dr Ngirente yitabiriye inama ya 26 ya ECCAS
Politiki

Contact us

Tel:(+250) 788 433 581
Email:ochentheos@gmail.com
© IGIRE.rw since 2019. All Rights Reserved.
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?